Menya uko amakipe yo mu Rwanda yiyubatse mbere yo gutangira imikino ya CAVB Men’s Club Championship 2026

Bamwe mu bakinnyi bongewe mu makipe yo mu Rwanda

Amakipe yo mu Rwanda uko ari 4 azitabira imikino nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, CAVB Men’s Club Championship akomeje imyitozo yo kwitegura iyi mikino yongeramo n’abakinnyi bashya bazayafasha muri iyi mikino.

Kuri uyu wa gatatu tariki 22 Mata 2026 nibwo mu Rwanda hatangira imikino ya CAVB Men’s Club Championship 2026 igiye kubera bwa mbere mu gihugu cyo munsi y’ubutayu bwa Sahara, imikino izajya ibera muri BK Arena no muri Petit Stade.

Muri iyi mikino, u Rwanda ruzahagararirwa n’amakipe 4 arimo APR VC, Police VC, Kepler VC na REG VC yongewe muri iyi mikino nyuma kuko u Rwanda arirwo ruzayakira.

Kugeza ubu amakipe akomeje kugera mu Rwanda, aho amakipe abarirwa muri 20 aturutse mu bihugu bitandukanye by’Afurika yamaze gusesekara i Kigali.

Mu rwego rwo kwitegura neza iyi mikino, amakipe azahagararira u Rwanda akomeje imyitozo ndetse yagiye yongeramo abakinnyi batandukanye mu rwego rwo gukomeza inkingi zose ku buryo bizayafasha kwitwara neza.

Aya makipe yagiye yongeramo abakinnyi bakinaga mu yandi makipe yo mu Rwanda uretse ko hari n’ayavanye abakinnyi hanze ya Shampiyona y’u Rwanda.

APR VC

APR VC nk’ikipe yatwaye igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda mu mwaka ushize w’imikino niyo iyoboye andi makipe yo mu Rwanda azakina muri CAVB Men’s Club Championship 2026 ndetse ifatwa nkaho ariyo izakira iyi mikino.

APR VC ntabwo byayigendekeye neza muri uyu mwaka w’imikino kuko ku munsi wa nyuma w’imikino ya Shampiyona yisanze yabuze itike yo kuzakina imikino ya kamarampaka, bwari ubwa mbere biyibayeho.

Ni muri urwo rwego iyi kipe ya APR VC y’umutoza Sammy Mulinge yongeyemo abakinnyi benshi kurusha andi makipe yose yo mu Rwanda kuko yongeyemo abakinnyi 5.

APR VC yongeyemo abakinnyi barimo Rukundo Willy ukina nk’umwataka (Outside hitter), Muvara Ronard ukina hagati (Middle blocker), Niyogisubizo Samuel “Tyson” ukina inyuma (Opposite hitter/Right attacker) na Ntigurirwa Steven ukina nka libero bose basanzwe bakinira Gisagara VC.

Undi mukinnyi APR VC yongeyemo ni James Achuil nawe ukina inyuma (Opposite hitter/Right attacker) usanzwe ukinira EAUR VC.

Aba bakinnyi bongewe mu bakinnyi APR VC izifashisha basanga abasanzwe muri iyi kipe barimo Niyonshima Samuel, Mutabazi Yves, Paul Akan, Kanamugire Prince, Masabo Bertin n’abandi.

Umwaka ushize, APR VC yari yegukanye umwanya wa 4 muri CAVB Men’s Club Championship yabereye i Misrata muri Libya.

Police VC

Police VC y’umutoza Musoni Fred ni ikipe ihagaze neza muri uyu mwaka w’imikino ndetse n’umwaka ushize yari yabashije kugera ku mukino wa nyuma mu mikino ya kamarampaka ariko ihatsindirwa n’ikipe ya APR VC.

Police isanzwe ifite abakinnyi b’inkingi za mwamba barimo Melly Brian, Makuto Elphas, Shyaka Frank, Angiro Gideon n’abandi ntabwo yakoze impinduka nyinshi yongeramo abakinnyi.

Iyi kipe ya Polisi y’u Rwanda yongeyemo Matheus Bettim ukina nk’umwataka (Outside hitter) warumaze umwaka akina mu ikipe ya Viapol VĆ“lei SĆ£o JosĆ© yo mu kiciro cya mbere muri Brazil ndetse yayifashije kuguma mu kiciro cya mbere.

Matheus Bettim niwe mukinnyi rukumbi wongewe muri Police VC

Matheus Bettim ntabwo ari mushya mu ikipe ya Police VC kuko yarikumwe nayo mu mwaka w’imikino wa 2024/25.

Kepler VC

Kepler VC y’umutoza Jean Patrice Ndaki Mboulet ni ubwa kabiri igiye kwitabira iyi mikino ya CAVB Men’s Club Championship nyuma yo kuyitabira bwa mbere umwaka ushize wa 2025 ndetse ikabasha kurangiriza ku mwanya wa 16 mu makipe 23 yari yitabiriye.

Kepler isanzwe ifite abakinnyi b’inkingi za mwamba barimo Dusenge Wicklif, umunya-Puerto Rico Santiago Jair wayigezemo mu mikino yo kwishyura, umunya-Algeria Mohamed Radi Krid n’abandi, ntabwo yongeyemo abakinnyi benshi.

Iyi kipe ya Kepler iherutse no kwegukana umwanya wa gatatu muri Shampiyona nyuma yo gutsinda Gisagara VC imikino 3-0 yongeyemo abakinnyi babiri barimo Ndayisaba Sylvestre ukina nk’usaranganya imipira (Setter) usanzwe ari kapiteni wa Gisagara VC na Đorđe Jovović ukina inyuma (Opposite hitter) uturuka muri Montenegro uherutse gukinira ikipe ya Al Khowildiah yo muri Saudi Arabia.

Đorđe Jovović uri mu bakinnyi Kepler VC yongeyemo

REG VC

REG VC y’umutoza Mugisha Bavuga Benon niyo kipe yo mu Rwanda yashyizwe bwa nyuma mu makipe azakina CAVB Men’s Club Champioship uyu mwaka.

Iyi kipe yatangiye umwaka w’imikino igura abakinnyi benshi batandukanye barimo Ntanteteri Crispin na Twagirayezu Emmy bavuye muri Police VC, Sam Engwau wavuye muri Sports-S yo mu Bugande, Nicholas Matui wakiniraga General Service Unit wari wabaye umukinnyi mwiza wa Shampiyona muri Kenya, Gisubizo Merci wavuye muri APR VC na Mugabo Thierry wavuye muri Gisagara VC.

Iyi kipe yatangiye umwaka w’imikino ititwara neza ariko yagiye kuwurangiza imeze neza byayihaye no kwegukana irushanwa ryo Kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel itsinze Gisagara VC ku mukino wa nyuma ndetse kuri ubu iri no ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka n’ubwo yamaze gutsindwa imikino 2 ya mbere n’ikipe ya Police VC.

REG VC ntiyigeze yongeramo abakinnyi benshi bazayifasha muri iyi mikino ya CAVB Men’s Club Championship, nyuma y’uko Sam Engwau ukina hagati (Middle blocker) yavunitse byatumye iyi kipe yiyambaza Ngoboka Blaise usanzwe ukinira Gisagara VC, ndetse niwe mukinnyi wenyine iyi kipe yongeyemo.

Mu bandi bakinnyi REG VC izaba igenderaho barimo kapiteni wayo Thon Maker Ayanny Madol “Magembo”, Akumuntu Kavalo Patrick na libero Rwigema Simon.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa kabiri tariki 21 Mata aribwo haba inama iberamo tombola y’uko amakipe azakina mu matsinda, hanyuma kuri uyu wa gatatu imikino igatangira.