Volleyball: REG VC yongeye gufata ku gakanu Police VC iyibuza gutwara igikombe cya Shampiyona

REG VC yongeye gufata ku gakanu ikipe ya Police VC iyitsinda amaseti 3-2 mu mukino wa kane w’imikino ya nyuma ya kamarampaka, iyibuza gutwara igikombe ndetse amakipe yombi ahita anganya intsinzi z’imikino 2-2 bituma haziyambazwa umukino wa gatanu kugira ngo hamenyekane ikipe izatwara igikombe cya Shampiyona ya volleyball mu bagabo cy’uyu mwaka.

Kuri uyu wa gatandatu tariki 16 Gicurasi 2026, ikipe ya REG VC yakinnye n’ikipe ya Police VC muri Petit Stade i Remera mu mukino wa kane w’imikino ya nyuma ya kamarampaka.

Police VC y’umutoza Musoni Fred yagiye gukina uyu mukino isabwa kuwutsinda kugira ngo ihite yegukana igikombe cya Shampiyona bwa mbere mu mateka yayo kuko yariyoboye uruhererekane rw’imikino 5 n’intsinzi 2-1, kuko amakipe aba agomba gutanguranwa intsinzi 3.

REG VC y’umutoza Mugisha Bavuga Benon yariherutse gutsinda umukino umwe nyuma y’uko yabanje gutsindwa imikino ibiri nayo yagiye gukina uyu mukino ibizi neza ko niramuka iwutsinzwe ihita itakaza igikombe cya shampiyona, rero nayo yari yiteguye guhangana.

Umukino watangiye Police VC yitwara neza ndetse itwara amaseti 2 ya mbere ku manota 25-20 na 25-22.

Police VC yatwaye aya maseti iyakesha by’umwihariko block nziza kuko yari yazibiye bikomeye umwataka (Outside hitter) wa REG VC, Nicholas Matui wageraga imbere agahura na block ya Shyaka Frank (Middle Blocker) na Melly Brian (Setter).

Aba bakinnyi bombi bahuraga na Nicholas Matui babashije kujya mu ikipe y’irushanwa mu mikino yahuje amakipe yabaye aya mbere iwayo, CAVB Men’s Club Championship 2026, iherutse kubera mu Rwanda, n’ubwo na Matui yayijemo.

Mu iseti ya gatatu y’umukino niho ibintu byose byahindukiye nyuma y’uko Police VC yatangiye kwizera ko ishobora kuba igiye kubona intsinzi byoroshye ariko yisanga REG VC idafite gahunda yo gucika intege ahubwo irushaho gushyiramo imbaraga, ikurira mu mukino.

Ibi byatumye Police VC itangira gukora amakosa menshi bayitwara iseti ya gatatu ku manota 25-22.

Ibi ni nako byagenze mu iseti ya kane y’umukino, n’ubundi REG VC yongeye kuyitwara ku manota 25-21 bituma hiyambazwa iseti ya gatanu ariyo ya kamarampaka.

Muri uyu mukino wasifuwe n’umusifuzi mpuzamahanga Ndayisaba Alphonse, REG VC yatanze Police VC kwinjira mu iseti ya kamarampaka iyitsinda amanota 3-0 ndetse itwara agace ka mbere ku manota 8-4.

Police VC yari yamaze gupfa mu mutwe bigaragara ko abakinnyi bayo bavuye mu mukino uhereye kuri libero Irakoze Alain wanasimbujwe mu iseti ya kane kubera kwica resebusiyo (Receptions) nk’akazi ka mbere aba ashinzwe mu kibuga, ntiyigeze ibasha kuva inyuma ngo yishyure ahubwo yatwawe iyi seti ku manota 15-7.

Umukino warangiye REG VC itsinze amaseti 3-2 bituma haziyambazwa umukino wa gatanu kugira ngo hamenyekane ikipe izegukana igikombe cya Shampiyona y’uyu mwaka nyuma y’uko amakipe yombi anganyije intsinzi 2-2.

Kimwe mu byo REG VC icyesha intsinzi yo kuri uyu mukino ni ukudacika intege no kutava mu mukino kw’abakinnyi bayo, kuko byagaragaraga ko bakinana umutima wabo wose ndetse n’ishyaka ryinshi nyuma yo gutsindwa amaseti abiri ndetse no gukemura ibibazo bya resebusiyo no kugarira (Defence) nyuma y’uko umutoza yakoze impinduka akavanamo libero Rwigema Simon utari mwiza muri uyu mukino, agashyiramo Mugisha Jean Santerre wakosoye aya makosa.

Umukino wa gatanu uteganyijwe kuri uyu wa gatanu muri Petit Stade i Remera, saa cyenda z’umugoroba (15h00).