Ikipe ya Rayon Sports WFC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’abagore mu Rwanda, Rwanda Women’s Super League 2025/26 ku nshuro ya gatatu yikurikiranya nyuma yo gusoza imikino yayo itsinda Muhazi United WFC igitego 1-0.
Kuri iki Cyumweru tariki 5 Mata 2026 hakinwe imikino y’umunsi wa 22 wa Shampiyona y’abagore mu Rwanda ari nawo wa nyuma.
Kuri uyu munsi Rayon Sports yari yakiriye Muhazi United mu Nzove aho isanzwe ikinira, Rayon Sports y’umutoza Rwaka Claude yasabwaga kunganya gusa igahita yegukana igikombe cya Shampiyona kuko yarushaga Police amanota 3.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0 ariko mu gice cya kabiri Rayon Sports yabonye igitego cyatsinzwe na Gikundiro Scholastique ku ishoti riremereye yatereye inyuma y’ikibuga cy’umuzamu, iki gitego nicyo cyatandukanyije impande zombi.
Rayon Sports yahise igira amanota 57 n’ibitego 62 yizigamye biyiha kwegukana Igikombe cya Shampiyona y’ikiciro cya mbere ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.
Rayon Sports yabaye indi kipe ya kabiri mu mateka y’umupira w’amaguru ibashije gutwara ibikombe 3 bya Shampiyona bikurikirana nyuma ya AS Kigali WFC yatwaye ibikombe 10 byikurikiranya, hagati ya 2008/09 na 2017/18.
Nyuma yo kwegukana Igikombe cya Shampiyona, Rayon Sports yahawe imidari ya zahabu, igikombe ndetse n’amafaranga angana na miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda. Iyi kipe kandi ikaba izahagararira u Rwanda mu mikino ya CECAFA yo gushaka itike yo gukina imikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo.
N’ubwa mbere ikipe ya mbere ihembwe aya mafaranga kuko ubusanzwe ikipe itwaye igikombe cya Shampiyona yahembwaga miliyoni 8 z’amafaranga y’u Rwanda, kuzamuka kw’ibihembo bikaba bikubiye muri gahunda ya Perezida mushya wa FERWAFA, Shema Ngonga Fabrice warunahari mu gutanga ibihembo.
Iki cyabaye igikombe cya gatatu Rayon Sports itwaye muri uyu mwaka w’imikino nyuma yo gutwara igikombe Kiruta Ibindi, Super Cup, itsinze Indahangarwa WFC ibitego 4-0 ndetse n’Igikombe cy’Intwari yatwaye n’ubundi itsinze Indahangarwa WFC ibitego 2-0.
Si Rayon Sports gusa yahembwe nk’ikipe yatwaye igikombe cya Shampiyona nk’uko byari bisanzwe ahubwo hahembwe amakipe atandatu (6) ya mbere yose.
Police WFC yabaye iya kabiri yahembwe miliyoni 15 RWF, Indahangarwa WFC yabaye iya gatatu ihabwa miliyoni 10 RWF, Kamonyi WFC ya kane ihabwa miliyoni 8 RWF, APR WFC yabaye iya gatanu ihabwa miliyoni 6 RWF naho Macuba WFC ya gatandatu ihabwa miliyoni 4 RWF.
Amakipe ya AS Kigali WFC na Nyagatare WFC niyo yamanutse mu kiciro cya kabiri. AS Kigali ikaba yasubiye mu kiciro cya kabiri nyuma y’imyaka 19 ikina ikiciro cya mbere mu Rwanda.
Imikino y’umunsi wa 22 wa Shampiyona y’abagore mu Rwanda ari nawo wa nyuma, yatangiye ku wa gatandatu tariki 4 Mata 2026:
Bugesera WFC 0-1 Forever WFC
AS Kigali WFC 8-0 Nyagatare WFC
Imikino yakomeje kuri iki cyumweru, uretse umukino Rayon Sports yatsinzemo Muhazi United igitego 1-0 mu yindi mikino:
Indahangarwa WFC 1-0 APR WFC
Police WFC 5-2 Inyemera WFC
Macuba WFC 2-1 Kamonyi WFC

Igirimana Rehema Nicole ukina Police WFC niwe wahize abandi mu gutsinda ibitego byinshi muri Shampiyona, yatsinze ibitego 19.
Abafana bari bitabiriye ari benshi mu Nzove






