Rutahizamu wa Liverpool Hugo Ekitike yagize imvune ikomeye

Hugo Ekitike yagize imvune izatuma adakina Igikombe cy'Isi

Rutahizamu w’umufaransa ukinira ikipe ya Liverpool yagize ikibazo cy’imvune kizatuma amara hanze y’ikibuga byibuze amezi 9 bivuze ko atazakina Igikombe cy’isi cya 2026 kizaba mu mpeshyi, kikabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Mexique na Canada.

Ekitike yavunitse mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri tariki 14 Mata 2026 mu mukino wa 1/4 wo kwishyura wa UEFA Champions League, Liverpool yari yakiriyemo Paris Saint Germain igatsindwa ibitego 2-0 mu rugo bigatuma isezererwa ku giteranyo cy’ibitego 4-0.

Ekitike yaryamye hasi ku munota wa 28 ntan’umukinnyi umukozeho ariko ananirwa kongera kwihagurutse ku buryo byabaye ngombwa ko asohoka ahetswe mu ngombyi, yahise asimburwa na Mohamed Salah.

Ekitike w’imyaka 23 yagize imvune ikomeye kuko yavunitse umutsi wo ku gitsi uhuza inyama yo mu mfundiko n’igufwa ry’agatsitsino.

Hugo Ekitike yageze muri Liverpool muri uyu mwaka w’imikino aguzwe miliyoni €95 avuye mu ikipe ya Eintracht Frankfurt yo mu Budage.

Ekitike ntiyahabwaga amahirwe yo kuzajya abanzamo muri iyi kipe kubera ko yari yaguze na Alexander Isak ariko byarangiye abaye umwe mu nkingi za mwamba za Liverpool nyuma y’uko Isak yakomeje kugarizwa n’ibibazo by’imvune.

Kubera kubona umwanya wo gukina muri Liverpool byatumye Ekitike ahamagarwa no mu ikipe y’igihugu y’Ubufaransa ndetse aherutse no kuyitsindira igitego mu mukino wa gicuti yatsinzemo Brazil ibitego 2-1.

Ekitike amaze gukinira Liverpool imikino 45 muri uyu mwaka, yayitsindiye ibitego 17, atanga imipira 6 yavuyemo ibitego.

Ekitike asize Liverpool isezerewe muri UEFA Champions League ndetse kuri ubu isigaye ikina imikino ya Premier League gusa aho iri guhatanira kuza mu makipe 4 ya mbere, Liverpool iri ku mwanya wa 5 n’amanota 52, irarushwa na Manchester United na Aston Villa ziyiri imbere amanota 3, ikarusha Chelsea ya 6 amanota 4.

Hugo Ekitike