Police VC yabaye ikipe ya mbere yo mu Rwanda igeze ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 

Ikipe ya Police VC yasezereye REG VC iyitsinze amaseti 3-1 muri 1/2 cy’imikino nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri volleyball mu bagabo, CAVB Men’s Club Championship, biyigira ikipe ya mbere yo mu Rwanda ibashije kugera ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa.

Kuri uyu wa gatanu tariki 1 Gicurasi 2026 hakomeje imikino ya CAVB Men’s Club Championship 2026 iri gukinwa ku nshuro ya 47 i Kigali mu Rwanda hakinwa imikino ya 1/2 n’imikino yo guhatanira imyanya.

Muri 1/2 cy’irangiza hageze amakipe abiri yo mu Rwanda ariyo REG VC na Police VC bivuze ko uko byari kugenda kose ku mukino wa nyuma hagombaga kuboneka ikipe yo mu Rwanda bwa mbere mu mateka.

Umukino watangiye Police VC y’umutoza Musoni Fred yitwara neza itwara iseti ya mbere ku manota 25-20.

Mu iseti ya kabiri, REG VC y’umutoza Mugisha Bavuga Benon yavuye inyuma yishyura iseti yarimaze gutsindwa ku manota 25-22.

Police VC yasubiye mu iseti ya gatatu n’iya kane z’umukino yakajije cyane serivisi na block byatumye REG VC itangira kwisanga iri gukora amakosa menshi arimo no kwica resebusiyo.

Ibi byahaye icyuho Police VC bituma itwara amaseti abiri akurikirana ku manota 25-17 no kuri 25-21, itsinda umukino ityo ku maseti 3-1.

Police VC yari yitabiriye iyi mikino ku nshuro ya kabiri kuva yashingwa yakuyeho agahigo kari gafitwe na Gisagara VC yariyo kipe yonyine yo mu Rwanda yabashije kubona umudari muri iyi mikino muri 2022, icyo gihe yegukanye umudari w’umwanya wa gatatu.

Uretse Police VC nk’ikipe yanditse amateka, n’umutoza wayo Musoni Fred yabaye umutoza wa mbere w’umunyarwanda ubashije kugeza ikipe ku mukino wa nyuma akuraho agahigo kari gafitwe na Nyirimana Fidele ariwe watozaga Gisagara VC muri 2022 wayigejeje muri 1/2.

Ku mukino wa nyuma, Police VC izahura n’ikipe itsinda hagati ya Al Ahly na Petrojet SC zombi zo mu Misiri.

Umukino wa nyuma uzakinwa kuri uyu wa gatandatu tariki 2 Gicurasi 2026 muri BK Arena, saa mbiri z’ijoro.