
Ikipe ya Paris Saint Germain (PSG) yo mu Bufaransa yasanze ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League nyuma yo gusezerera Bayern Munich yo mu Budage ku giteranyo cy’ibitego 6-5 mu mikino 2.
PSG yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League nyuma y’uko mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 6 Gicurasi 2026 inganyije na Bayern Munich igitego 1-1 mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Allianz Arena mu Budage, umukino ubanza wari warangiye PSG itsinze ibitego 5-4.
Igitego cya PSG cyabonetse hakiri kane cyane gitsinzwe na Ousmane DembĂ©lĂ© ku munota wa 3 w’umukino, mu gihe igitego cya Bayern Munich cyabonetse mu minota y’inyongera y’umukino gitsinzwe na Harry Kane.
Muri uyu mukino wanitabiriwe na Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Nelly Mukazayire, myugariro wa PSG ukomoka muri Ecuador, Willian Pacho niwe wahembwe nk’umukinnyi mwiza w’umukino nyuma y’uko Ousmane DembĂ©lĂ© ariwe wari wahembwe nk’umukinnyi mwiza w’umukino mu mukino ubanza.

Uyu mukino watumye PSG igera ku mukino wa nyuma w’imikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi, UEFA Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya dore ko ari nayo ifite igikombe giheruka yaritwaye bwa mbere.
Umukino wa nyuma hagati ya PSG na Arsenal, amakipe yombi ajyirana imikoranire n’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda uzaba tariki 30 Gicurasi 2026, ubere Puskas Arena i Budapest muri Hungary.

