Kuri uyu wa gatatu tariki 22 Mata 2026 saa moya z’umugoroba (19:00) muri BK Arena haratangira ku mugaragaro irushanwa nyafurika rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri volleyball mu bagabo, CAVB Men’s Club Championship aho APR VC yo mu Rwanda ikina na Black Rhinos yo muri Zimbabwe.
Aya makipe yombi yisanze mu itsinda rya mbere nyuma y’inama itegura iri rushanwa yabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri tariki 21 Mata 2026.
APR VC y’umutoza Sammy Mulinge yatwaye igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda umwaka ushize w’imikino ndetse igasoreza ku mwanya wa kane mu irushanwa nk’iri umwaka ushize ariko kuri ubu ikaba itarabashije kwitwara neza ngo ize mu makipe 4 ya mbere yagombaga gukina imikino ya kamarampaka, yiteguweho kwitwara neza binajyanye n’abakinnyi yiyambaje muri iri rushanwa.
APR VC ifatwa nk’iyakiriye iri rushanwa yiyambaje abakinnyi barimo Rukundo Willy ukina nk’umwataka (Outside hitter), Muvara Ronard ukina hagati (Middle blocker), Niyogisubizo Samuel “Tyson” ukina inyuma (Opposite hitter/Right attacker) na Ntigurirwa Steven ukina nka libero bose basanzwe bakinira Gisagara VC.
Undi mukinnyi APR VC yongeyemo ni James Achuil nawe ukina inyuma (Opposite hitter/Right attacker) usanzwe ukinira EAUR VC.
Mu bakinnyi ba APR VC bashobora kubanza mu kibuga kuri uyu mugoroba barimo Paul Akan usaranganya imipira (Setter), Muvara Ronard na kapiteni Kanamugire Prince bakina hagati (Middle blockers), abataka babiri batakira imbere (Outside hitters) ari Niyonshima Samuel na Rukundo Willy, umwataka w’inyuma (Opposite attacker) akaba James Achuil naho libero w’ikipe akaba Ntigurirwa Steven.
Andi makipe ari mu itsinda rya mbere harimo Litto Team VC yo muri Cameroun, Nemo Stars VC yo muri Uganda ikinamo Okello Daudi wakiniye REG VC yo mu Rwanda, Nigeria Customs Service yo muri Nigeria na Petrojet SC yo mu Misiri.
Muri rusange byari biteganyijwe ko amakipe azitabira CAVB Men’s Club Championship 2026 igiye gukinwa ku nshuro ya 47 ari amakipe arenga 30 ariko byarangiye hemejwe amakipe 24.
Aya makipe 24 yagabanyijwe mu matsinda 4, buri tsinda ririmo amakipe 6.
Mu mikino yo mu matsinda amakipe yose azazengurukana hanyuma amakipe 4 ya mbere muri buri tsinda azamuke muri 1/8 aho azaba ageze mu kiciro cyo gukuranwamo.
Mu yandi makipe ahagarariye u Rwanda, Kepler VC yisanze mu itsinda rya B hamwe na Al Ahly SC yo mu Misiri, Cameroun Sports VC yo muri Cameroun, SPORT-S VC yo muri Uganda, AS INJS yo muri Côte d’Ivoire na Equity Bank VC yo muri Kenya.
Police VC yisanze mu itsinda C aho iri kumwe na Faith Union Sport yo muri Maroc, Kenya Ports Authority yo muri Kenya ikinamo Denis Ireeke wakiniye APR VC yo mu Rwanda, Wolaitta VC yo muri Ethiopia, Prisons VC yo muri Tanzania na Ghana Army yo muri Ghana ikinamo Alhassan Iddi Imoro wakiniye ikipe ya Kepler VC yo mu Rwanda.
REG VC yisanze mu itsinda D ari naryo rya nyuma hamwe na General Service Unit VC yo muri Kenya, Port Autonome De Douala yo muri Cameroun, Atlético Clube Do Mindelo yo muri Cape Verde ari nayo ya mbere yo muri iki gihugu yitabiriye iyi mikino, Rukinzo VC yo mu Burundi na Kalibi SC yo muri Ghana.

Amakipe yose uko ari 4 azahagararira u Rwanda muri iyi mikino yabanje guhura na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire ari kumwe na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda, Ngarambe Raphael mbere y’uko iri rushanwa ritangira.
Minisitiri Mukazayire yifurije aya makipe ishya n’ihirwe muri iri rushanwa ndetse ayasaba guhagararira u Rwanda neza. Aya makipe yamwijeje gukora ibishobora akazahagararira neza u Rwanda.

Imikino iratangira kuri uyu wa gatatu, izasozwe tariki 2 Gicurasi 2026 muri BK Arena.
Iyi mikino ya CAVB Men’s Club Championship ni ubwa mbere igiye kubera mu Rwanda ndetse ni ubwa mbere ibereye mu gihugu kiri munsi y’ubutayu bwa Sahara.


