
Tariki 10 Mata 2026 hashyizwe hanze itegeko rishyiraho Kaminuza ya Gisirikare y’u Rwanda, National Defence University-Rwanda (NDU-R) ihurirwamo amashuri makuru ya Gisirikare, Polisi n’ay’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS).
Iri tegeko kandi ryemeza ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda ari we Muyobozi w’icyubahiro (Chancellor) wayo. N’ubwo iyi kaminuza kuri ubu ifite icyicaro mu mujyi wa Kigali, mu karere ka Gasabo, mu murenge wa Bumbogo ariko iteka rya Perezida rishobora kucyimurira ahandi mu Rwanda mu gihe bibaye ngombwa.
Mu nshingano ze nk’Umuyobozi w’iyo kaminuza, Perezida azatanga umurongo mugari w’imiyoborere kugira ngo kaminuza igere ku ntego zayo zo gutegura inzobere zo ku rwego rwo hejuru mu by’ingabo n’inzego z’umutekano. Azajya anayobora ibirori byo gutanga impamyabumenyi cyangwa ahitemo umuhagarariye.
NDU-R ni Kaminuza ireberwa na Minisiteri y’Ingabo, MINADEF na Minisiteri y’Uburezi, MINEDUC, ikaba igizwe n’ibigo bitandukanye birimo National Defence College-Rwanda (NDC-R) ikorera mu Mujyi wa Kigali; Defence College of Health Sciences (DCHS) ikorera mu Mujyi wa Kigali; Defence Institute of Sciences and Technology (DIST) ikorera mu Mujyi wa Kigali; Institute for Defence and Strategic Studies (IDSS) ikorera mu Mujyi wa Kigali.
Harimo kandi National Intelligence Academy (NIA) ikorera mu Karere ka Bugesera; Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) ikorera mu Karere ka Musanze; National Police College (NPC ) ikorera mu Karere ka Musanze; Rwanda Military Academy (RMA) ikorera mu Karere ka Bugesera.
Intego ya NDU-R ni uguhugura abasirikare, abakozi b’inzego z’umutekano,abayobozi bakuru mu nzego za Leta n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga.
Iyi NDU-R ikaba yitezweho kuzakira abanyeshuri biga amasomo y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza, icya kabiri, icya gatatu n’impamyabumenyi y’Ikirenga (PhD), ahabwa abakora mu nzego z’umutekano n’abayobozi b’inzego za Leta bireba.
Mu bandi bazayobora NDU-R, barimo Umuyobozi Mukuru (Vice-Chancellor) ari na we mwanditsi w’inama, Uhagarariye abarimu n’abashakashatsi utorwa na bagenzi be, Ushinzwe igenzura ry’ubuziranenge, (Quality assurance), Umuyobozi umwe (Dean) utorwa na bagenzi be n’uhagarariye abanyeshuri.
Itegeko riteganya ko nibura 30% by’abagize iyi nama bagomba kuba ari abagore mu gihe abatari mu nama y’ubutegetsi kubera imyanya bafite bagira manda y’imyaka ine ishobora kongerwa rimwe.
Inama y’Ubutegetsi ifite uruhare rukomeye mu gutegura icyerekezo cya kaminuza n’ingamba, kwemeza politiki n’igenamigambi rya buri mwaka, kugenzura imikorere, kwemeza ingengo y’imari no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ryayo, gufata ibyemezo by’abakozi, ubufatanye n’imiterere y’inzego.
Inafite inshingano zo kugenzura ireme ry’uburezi, gushyiraho amategeko agenga imyigishirize n’ubushakashatsi no ushyiraho za komite ziyunganira.

