Amakipe yose ahagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bagabo, CAVB Men’s Club Championship 2026 yarenze amatsinda yerekeza muri 1/8 cy’irangiza.
Kuri uyu wa mbere tariki 27 Mata 2026 hakinwe imikino y’umunsi 5 w’imikino y’amatsinda ari nawo wari uwa nyuma.
Amakipe yose yo mu Rwanda ntabwo yabashije kwitwara neza kuri uyu munsi wa nyuma kuko APR VC yatsinzwe na Petrojet SC yo mu Misiri amaseti 3-0 (25-18, 25-18, 29-27) bituma izamuka mu itsinda rya mbere ari iya gatatu n’amanota 11 inyuma ya Nemo Stars VC yo muri Uganda na Petrojet SC.
Mu itsinda rya kabiri Kepler VC yabashije kuzamuka ari iya kabiri n’amanota 12 inyuma ya Al Ahly SC yo mu Misiri yabaye iya mbere nyuma yo gutsinda imikino yose yo muri iri tsinda.
Kepler yatsinzwe umukino umwe mu itsinda yitwaye neza ku munsi wa nyuma itsinda Equity Bank VC yo muri Kenya amaseti 3-1 (25-19, 25-20, 23-25, 25-18).
Mu itsinda rya gatatu, Police VC yazamutse iriyoboye nyuma yo gutsinda imikino yose yo muri iri tsinda harimo n’umukino yatsinzemo Kenya Ports Authority kuri uyu munsi wa nyuma amaseti 3-2 (25-20, 20-25, 25-19, 21-25, 15-12).
Mu itsinda rya kane ari naryo rya nyuma, REG VC yazamutse ari iya kabiri n’amanota 12 nyuma yo gutsindwa umukino umwe gusa mu itsinda yatsinzwemo na Port Autonome de Douala yo muri Cameroon.
N’ubwo REG VC yari yatangiye nabi itsindwa umukino wa mbere ariko yabashije kwitwara neza mu yindi mikino ine yarisigaye, yose ibasha kuyitsinda harimo n’umukino yatsinzemo Kalibi SC yo muri Ghana ku munsi wa nyuma w’amatsinda amaseti 3-0 (25-19, 25-21, 25-23).

Muri rusange amakipe yose hamwe yitabiriye ni amakipe 24.
Aya makipe yagabanyijwe mu matsinda 4, buri tsinda ririmo amakipe 6.
Nyuma y’iyi mikino y’amatsinda, amakipe 4 ya mbere muri buri tsinda niyo yazamutse mu kiciro cyo gukuranwamo cya 1/8, naho amakipe 2 ya nyuma muri buri tsinda agomba gukina imikino yo guhatanira umwanya wa 17 kugera ku wa 24.

Kuri uyu wa kabiri tariki 28 Mata 2026, Abayobozi, abasifuzi n’abaherekeje amakipe yitabiriye CAVB Men’s Club Championship 2026 basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi aho ntamikino yabaye.
Imikino irasubukurwa kuri uyu wa gatatu tariki 29 Mata 2026 muri BK Arena no muri Petit Stade hakinwa imikino ya 1/8 n’imikino yo guhatanira imyanya.




