Imanizabayo Emeline yegukanye umudari wa zahabu muri African Senior Athletics Championships 2026

Imanizabayo yabaye umunyarwanda wa mbere wegukanye umudari mu mikino ya African Athletics Championships.

Umunyarwandakazi Imanizabayo Emeline yanditse amateka yo kuba umunyarwanda wa mbere ubaye uwa mbere bikamuhesha umudari wa zahabu mu mikino ya African Senior Athletics Championships iri kubera i Accra muri Ghana.

Imanizabayo w’imyaka 30 yegukanye umudari wa zahabu mu gusiganwa ku maguru ku ntera ya metero ibihumbi 5 (5,000 m) kuri uyu wa kabiri tariki 12 Gicurasi 2026.

Imanizabayo yabaye uwa mbere akoresheje iminota 23:25.92, ahigitse umunya-Djibouti Samia Hassan wakoresheje iminota 23:26.34 naho umunya-Ethiopia Zeyen Ayelegn yegukanye umwanya wa gatatu akoresheje iminota 23:30.55.

Uyu wabaye umudari wa mbere wa zahabu u Rwanda rwegukanye mu mikino ya African Athletics Championships.

Si umudari wa mbere wa zahabu Imanizabayo yegukanye muri uyu mwaka kuko yanegukanye umudari nk’uyu mu mikino ya Dutch National Championships yabaye mu kwezi gushize n’ubundi mu gusiganwa muri 5,000 m.

Imanizabayo ntabwo ariwe gusa uhagarariye u Rwanda muri iyi mikino ya African Athletics Championships iri kubera muri Ghana kuva tariki 12-17 Gicurasi 2026 hari n’abandi batatu barimo Niyonkuru Florence wo mu metero 10,000, Mutesiwase Magnifique usiganwa muri metero 200, na Iribagiza Honorine usiganwa muri metero 800.