Arsenal yongeye kugera ku mukino wanyuma wa UEFA Champions League nyuma y’imyaka 20

Bukayo Saka yatsinze igitego cyahesheje Arsenal kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League bwa mbere mu myaka 20

Ikipe ya Arsenal isanzwe igirana imikoranire n’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda yongeye kugera ku mukino wa nyuma w’imikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi, UEFA Champions League nyuma y’imyaka 20.

Ibi Arsenal yabigezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri tariki 5 Gicurasi 2026 nyuma yo gutsinda Atletico Madrid igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa 1/2, igahita iyisezerara ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino yombi.

Igitego cyahesheje intsinzi ikipe ya Arsenal cyatsinzwe na Bukayo Saka ku munota wa 44 w’umukino.

Arsenal yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League nyuma y’imyaka 20 kuko yawuherukagaho muri 2006, icyo gihe yatsinzwe na FC Barcelona ibitego 2-1.

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame nawe uzwiho gukunda ikipe ya Arsenal yashimiye iyi kipe bitewe n’uko yitwaye ndetse ayifuriza amahirwe mu mukino wa nyuma.

Nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, Arsenal ifite amahirwe ko ishobora kwegukana iki gikombe ku nshuro yayo ya mbere mu mateka.

Arsenal iramenya ikipe izahura nayo ku mukino wa nyuma mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 6 Gicurasi 2026 mu mukino Bayern Munich iri bwakiremo ikipe ya Paris Saint Germain ifite igikombe giheruka kuri sitade yayo Allianz Arena.

Umukino ubanza wari warangiye ikipe ya Paris Saint Germain itsinze Bayern Munich ibitego 5-4.

Umukino wa nyuma wa UEFA Champions League y’uyu mwaka uzaba tariki 30 Gicurasi 2026 muri Puskás Aréna, i Budapest muri Hungary.