Ikipe ya Coventry itozwa na Frank Lampard yazamutse muri Premier League nyuma y’imyaka 25

Ibyishimo bya Coventry byo gusubira muri Premier League nyuma y'imyaka 25

Ikipe ya Coventry itozwa n’umunyabigwi wa Chelsea Frank Lampard yazamutse mu cyiciro cya mbere cya Shampiyona yo mu Bwongereza, English Premier League nyuma y’iminsi 9,113 itazi uko gukina Premier League bimera.

Ibi Coventry yabigezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki 17 Mata 2026 nyuma yo kubasha gukura inota rimwe imbere ya Blackburn Rovers nk’uko yabisabwaga, uyu mukino wari uw’umunsi wa 43 warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1.

Kunganya umukino kwa Coventry byayihesheje guhita izamuka mu cyiciro cya mbere kuko yahise igira amanota 86 mu gihe habura imikino 3 gusa ngo Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu Bwongereza, Championship irangire, yahise irusha Millwall ya gatatu amanota 13 bivuze ko n’ubwo Millwall yatsinda imikino yose isigaje ntabwo yaca kuri Coventry.

Coventry yaherukaga muri Premier League muri 2001, icyo gihe yamanutse bidasubirwaho nyuma yo gutsindwa na Aston Villa ibitego 3-2, yamanutse yarimaze imyaka 34 ikina icyiciro cya mbere mu Bwongereza.

Nyuma yo kumanuka mu cyiciro cya kabiri, iyi kipe yahuye n’ibibazo by’amikoro bitandukanye byatumye inamanuka mu cyiciro cya gatatu yewe no mu cyiciro cya kane yakinnye mu mwaka w’imikino wa 2017-18.

Uyu mwaka w’imikino utangira ntabwo ikipe ya Coventry ari ikipe yahabwaga amahirwe yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere ari nayo mpamvu umutoza Frank Lampard yagaragaye nk’uwakoze ibitangaza.

Coventry izamutse muri Premier League ibifashijwemo n’abakinnyi batandukanye barimo nk’umuzamu yatiye muri Brighton and Hove Albion witwa Carl Rushworth, Frank Onyeka yatiye muri Brentford, Romain Esse yatiye muri Crystal Palace, Haju Wright ari nawe umaze kuyitsindira ibitego byinshi n’abandi.

Umutoza Frank Lampard yishimiwe n’abafana nyuma yo kuzamura ikipe ya Coventry mu kiciro cya mbere nyuma y’imyaka 25