Abakora ubukwe baragabanutse muri 2025 ugereranyije na 2024

Abakora ubukwe baragabanutse mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko mu mwaka ushize wa 2025 abakora ubukwe mu Rwanda bagabanutse ugeraranyije n’umwaka wa 2024 aho bavuye ku 52,878 bagera ku 50,256.

NISR yagaragaje ko abagabo benshi bakoze ubukwe bari hagati y’imyaka 25 na 29 naho abagore benshi bakoze ubukwe bari hagati y’imyaka 21 na 24.

Muri iyi raporo ya NISR y’umwaka wa 2025 bigaragara ko abakora ubukwe bagaragaye cyane mu turere twa Gasabo, Gicumbi, Nyarugenge, Kicukiro, Muhanga, Rubavu na Nyamasheke aho abakoze ubukwe muri utu turere barenga ibihumbi 2 naho uturere twagaragayemo abakora ubukwe bacye ni Nyanza, Gisagara na Ngoma.

N’ubwo abakora ubukwe bagabanutse, NISR yerekanye ko abasaba gatanya bo biyongereye ndetse biganza mu mujyi wa Kigali.

NISR igaragaza ko abanditse mu irangamimerere basaba gatanya muri 2025 ari 4,479, abagera ku 2,629 bakaba aribo bahawe gatanganya n’inkiko muri 2025.

Mu mujyi wa Kigali niho habonetse gatanya nyinshi zigera ku 1,119, Intara y’Uburasirazuba iza ku mwanya wa kabiri na gatanya 1,011 naho umubare muto wa gatanya wabonetse mu ntara y’Amajyaruguru 529.

Kanda hano: Raporo irambuye y’ibarurishamibare ya NISR ku ngingo zitandukanye muri 2025