Bernardo Silva yemeje ko azatandukana na Manchester City umwaka w’imikino nurangira

Bernardo Silva yemeje ko azasohoka muri Manchester City uyu mwaka w'imikino nurangira

Umunya-Portugal ukina mu kibuga hagati, Bernardo Silva yatangaje ko azasohoka mu ikipe ya Manchester City yaramazemo imyaka 9 uyu mwaka w’imikino nurangira mu mpeshyi.

Ibi Bernardo Silva wari inkingi ya mwamba muri iyi kipe kuva yayigeramo muri 2017 yabitangaje kuri uyu wa kane tariki 16 Mata 2026 mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze.

Mu butumwa burebure yanditse yashimiye ikipe ya Manchester City avuga ko yamuhaye byinshi biruta n’ibyo we yarotaga.

Yagize ati,”Ubwo nageraga hano mu myaka 9 ishize, nari umwana muto ufite inzozi zo kugera kuri byinshi mu buzima. Uyu mujyi (Manchester) n’iyi kipe (Manchester City FC) byamaye ibirenzi ibyo nanarotaga, n’ibyo nizeraga kubona.”

Muri ubu butumwa, Bernardo Silva yashimiye umuryango we, abafana ba Manchester City, n’ikipe muri rusange ku bwa burintambwe bateranye.

Bernardo yasoje ubutumwa bwe agira ati,”Reka twishimane muri ibi byumweru bya nyuma kandi dukomeze guhatanira n’ibyo uyu mwaka w’imikino uzatuzanira.”

Ubutumwa bwa Bernardo Silva asezera ku ikipe ya Manchester City

Bernardo Mota Veiga de Carvalho e Silva w’imyaka 31 yageze mu ikipe ya Manchester City mu mpeshyi ya 2017 avuye mu ikipe ya AS Monaco mu Bufaransa aguzwe miliyoni ÂŁ43.5.

Kuva icyo gihe yabaye inkingi ya mwamba mu ikipe ya Pep Guardiola, kuri ubu amaze kuyikinira imikino 451, yayitsindiye ibitego 76, atanga imipira 77 yavuyemo ibitego, atwarana nayo ibikombe 15 birimo ibikombe bya Shampiyona 6 harimo bine bikurikirana n’igikombe kimwe cya UEFA Champions League ari nacyo cyonyine iyi kipe yatwaye mu mateka yayo.

Kugeza ubu ikipe ya Manchester City yamaze gusezererwa muri UEFA Champions League ariko nyuma yo gutwara igikombe cya Carabao itsinze Arsenal ibitego 2-0, iracyari no mu rugamba rwo guhatanira igikombe cya Shampiyona no muri rugamba rwo guhatanira FA Cup.

Kugeza ubu Manchester City iri ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona n’amanota 64, irushwa na Arsenal ya mbere amanota 6 ariko Manchester City iracyafite umukino itarakina naho muri FA Cup igeze muri 1/2 aho izakina na Southampton.