Alex Manninger wakiye Arsenal, Juventus na Liverpool yitabye Imana azize impanuka

Alex Manninger yitabye Imana ku myaka 48 azize impanuka y'imodoka

Alexander Manninger wakiniye amakipe atandukanye yo ku Mugabane w’Uburayi arimo Salzburg, Arsenal, Bologna, Juventus, Liverpool n’andi yitabye Imana aguye mu mpanuka y’imodoka nk’uko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Austria ari naho avuka ryabitangaje.

Manninger warufite imyaka 48 yitabye Imana kuri uyu wa kane tariki 16 Mata 2026 nyuma y’uko imodoka yararimo yagonzwe na gariyamoshi (Train) mu mujyi wa NuĂźdorf am Haunsberg muri Austria.

Manninger wakinaga nk’umuzamu yamenyekanye cyane ubwo yari mu ikipe ya Arsenal hagati ya 1997 na 2002, yatwaranye nayo igikombe cya Shampiyona na FA Cup byo mu 1997/1998.

Manninger niwe mukinnyi ukomoka muri Austria wakiniye Arsenal, nyuma yo gutandukana nayo mu 2002 yahise yerekeza mu Butaliyani aho yakiniye amakipe yaho arimo Fiorentina, Torino, Bologna, Siena, Udinese na Juventus.

Manninger yakinnye no muri Espagne mu ikipe ya Espanyol, akina mu Budage mu ikipe ya Augsburg nyuma yo gutangirira urugendo rw’umupira w’amaguru iwabo muri Austria agakinira ikipe ya Salzburg, SK Vorwärts Steyr na Grazer AK.

Alex Manninger yarangije urugendo rwe mu mupira w’amaguru muri 2017 ubwo yari mu ikipe ya Liverpool, yamaze igihe yitozanya n’iyi kipe n’ubwo ntamukino n’umwe yigeze ayikinira.

Manninger yanakiniye ikipe y’igihugu ya Austria imikino 33, yanarikumwe nayo muri Euro yo muri 2008.

Uretse kuba Manninger yari umukinnyi w’umupira w’amaguru ariko yari n’umubaji w’umwuga, uyu niwo mwuga yakoraga mbere y’uko atangira gukina umupira w’amaguru ndetse ni nawo yari yarakomeje nyuma yo gusezera ku mupira w’amaguru.

Manninger ntiyakundaga gushyira ubuzima bwe bwite mu itangazamakuru ariko ibizwi ni uko ntamugore yashatse ntan’umwana yagiraga.