Ikipe ya APR WVC yatsinze Kepler amaseti 3-0 mu bagore na Police itsinda REG amaseti 3-0 mu bagabo mu rugamba rwo guhatanira Igikombe cya Shampiyona y’uyu mwaka.
Kuri uyu wa gatatu tariki 1 Mata 2026 muri Petit Stade habereye imikino 4 yo mu kiciro cy’abagore n’abagabo mu guhatanira umwanya wa gatatu no mu guhatanira Igikombe, hakinwaga umukino wa 1 w’uruhererekane rw’imikino 5.
Imikino yatangiye saa 11:00 hakinwa umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu mu bagore wahuje Police yasezerewe na Kepler muri 1/2 na RRA yasezerewe na APR.
Police yarifite igikombe giheruka ntiyigeze izuyaza kwitwara neza kuri uyu mukino kuko yatsinze RRA amaseti 3-0 (25-18, 25-21, 25-15) nyuma yo kuyirusha bikomeye muri uyu mukino.

RRA y’umutoza Mutabazi Elie kugeza ubu kuva imikino ya kamarampaka yatangira ntabwo irabasha byibuze no kubona iseti mu ikipe bahanganye.

Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu mu bagabo wahuje Gisagara yasezerewe na Police muri 1/2 na Kepler yasezerewe na REG VC.
Gisagara itarifite Malinga Kathbath usanzwe ukina imbere (Outside Hitter) kubera afite ibibazo by’imvune yatangiye yitwara neza itwara iseti ya mbere ku manota 25-21.

Gatsinzi Venuste usanzwe ukina inyuma (Opposite Hitter) niwe wakinnye mu mwanya wa Malinga.

Gisagara ntiyigeze ikomereza kuri uyu muvuduko kuko Kepler n’ubwo itarifite Ngabo Rwamuhizi Romeo wari wanagize isabukuru y’amavuko yavuye inyuma itwara iseti ya kabiri ku manota 25-17, itwara iya gatatu ku manota 25-22 ndetse itwara n’iseti ya kane y’umukino ku manota 25-15.
Kepler yatsinze uyu mukino wa mbere ku maseti 3-1 ibikesha ubusatirizi bwiza (Kwataka – attack) bwa Santiago Jair, Dusenge Wicklif na Mohamed Radi Krid ndetse n’ubwugarizi bwiza by’umwihariko mu kuboloka (Blocks).

Gisagara yari yakinishije Gatsinzi Venuste imbere (Outside Hitter) wari wanagize isabukuru y’amavuko kuri uyu munsi yagowe bikomeye no gukora resebusiyo byatumaga no kwataka neza kwayo kutagenda neza ndetse irangwa n’amakosa menshi mu guseriva.
Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho umukino wa mbere wa nyuma mu kiciro cy’abagore wahuje APR WVC na Kepler WVC.
Ku mpande zombi abakinnyi bose bari bahari, haba ku ruhande rwa APR y’umutoza Justin Kigwaria no ku ruhande rwa Kepler y’umutoza Siborurema Florien.

Aba batoza bombi ni ubwa mbere bari bahuye muri Shampiyona kuko umutoza w’umunya-Kenya Kigwaria yageze mu ikipe ya APR mu mikino yo kwishyura ariko nyuma y’uko Kepler ikinnye na APR ikabasha no kuyitsinda amaseti 3-0, umukino wahuje aya makipe mu mikino yo kwishyura watojwe na Igihozo Cyuzuzo Yvette usanzwe ari umutoza wungirije nyuma y’uko iyi kipe itandukanye n’uwari umutoza mukuru, Kamasa Peter.

N’ubwo Kepler yitwaye neza ubwo yasezereraga Police muri 1/2 ariko kuri iyi nshuro siko byagenze kuko yatsinzwe irushwa na APR amaseti 3-0.
Iseti ya mbere APR yayitwaye ku manota 25-16, iya kabiri iyitwara ku manota 25-20 naho iya gatatu iyitwara ku manota 25-21.
Kepler yagowe muri uyu mukino no kugarira Sylvia Asimit Lachilla wakinaga inyuma (Opposite Hitter), mu gihe na boloke (Block) ya APR yabaye nziza muri uyu mukino ikazibira imipira ya Binta Fatoumata Bah usanzwe ari umwataka w’ingenzi wa Kepler WVC.

Makuto Violet nawe ntabwo yitwaye neza muri uyu mukino kandi nawe asanzwe ari umwe mu bakinnyi ngenderwaho ba Kepler WVC.
Uyu mukino wagiye kurangira Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly yageze ku kibuga ari muri bamwe mu baje kwihera ijisho uyu mukino, iyi ni inshuro ya gatatu yarageze ku kibuga cya volleyball kuva Shampiyona yatangira.

Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho umukino wa nyuma wa mbere mu bagabo wahuje REG na Police. Uyu ni umukino wari witezweho kuba ukomeye cyane ku mpande zombi cyane ko ari amakipe yigaragaje neza mu mikino ya 1/2.
Police yatangiye neza inabikesha abakinnyi bayo bari bameze neza cyane kuri uyu mugoroba barimo usaranganya imipira (Setter) Melly Brian, ukina inyuma Makuto Elphas na Angiro Gideon wari mwiza imbere (Outside Hitter).

REG yagorwaga cyane no kwinjira mu mukino mu ntangiriro z’umukino yatsinzwe iseti ya mbere ku manota 25-18, itsindwa iseti ya kabiri ku manota 25-21.
Mu iseti ya gatatu, REG yabaye nk’ikangutse yinjirana mu mukino na Police ndetse itangira kuyigenda imbere ariko ubwo yariyoboye umukino ari amanota 6-5, umugande Sam Engwau usanzwe uyukinira hagati (Middle Blocker) yabaye nk’ukubitana na Makuto bimuviramo gutonekara akagombambari (Ankle/Cheville) asohorwa mu kibuga bwangu ndetse ahita ajyanwa kwa muganga.

Sam Engwau yahise asimburwa na Peacemaker ndetse ibi ntibyaciye intege REG kuko yakomeje kugenda imbere ya Police ariko bigeze mu manota 20, Police yagiye imbere ndetse birangira yegukanye iyi seti ku manota 25-23. Muri rusange umukino warangiye Police itsinze amaseti 3-0.

Kimwe mu bindi byagoye REG y’umutoza Mugisha Bavuga Benon muri uyu mukino ni abakinnyi be basanzwe ari inkingi za mwamba batitwaye neza barimo kapiteni Thon Maker Madol Magembo na Gisubizo Merci.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 4 Mata 2026 nibwo biteganyijwe ko hazakinwa imikino ya kabiri mu byiciro byombi.



