Ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabonye itike yo kuzakina imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gutsinda Jamaica igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Estadio Akron muri Mexico.
Ni ku nshuro ya kabiri mu mateka ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) igiye gukina Igikombe cy’Isi nyuma yo kugikina bwa mbere mu 1974, bivuze ko hari hashize imyaka 52 itagikina.
Ikipe y’igihugu ya DR Congo yabonye itike yo kuzakina Igikombe cy’Isi ibikesha gutsinda ikipe y’igihugu ya Jamaica mu mukino wa nyuma wa kamarampaka igitego 1-0 cyatsinzwe na myugariro usanzwe ukinira Burnley mu Bwongereza, Axel Tuanzebe watsinze igitego ku munota wa 100.
Iki gitego cyabonetse nyuma y’uko iminota 90 isanzwe y’umukino yarangiye amakipe yombi anganya 0-0 byatumye hiyambazwa iminota 30 y’inyongera ari nayo yaje kubonekamo igitego cyatanze itandukaniro muri uyu mukino.
DR Congo yari yitwaye neza n’ubundi muri uyu mukino yiharira umupira ndetse yatsinze n’ibitego bibiri byombi bya Cedric Bakambu ariko bikangwa abasifuzi bemeza ko habayeho kurarira.
Urugendo rwa DR Congo rugana mu Gikombe cy’Isi cya 2026
Ikipe y’igihugu ya DR Congo yari mu itsinda B mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 hamwe n’ikipe y’igihugu ya Senegal, Sudan, Togo, Maurtania na Sudan y’Epfo.
Muri iri tsinda ntabwo DR Congo yabashije kubona itike yerekeza mu Gikombe cy’Isi ako kanya kuko yabaye iya kabiri n’amanota 22, irushwa amanota abiri na Senegal yahise ibona itike nyuma yo kuyobora itsinda.
N’ubwo DR Congo itahise ibona itike ijya mu Gikombe cy’Isi ariko yabonye amahirwe ya kabiri yo kunyura mu mikino ya kamarampaka yo muri Afurika, yayitwaramo neza ikerekeza ku mikino ya kamarampaka yo ku isi yose muri rusange.
Ibi niko byagenze kuko DR Congo yitsindiye Cameroon mu mukino wa 1/2 wa kamarampaka igitego 1-0 ndetse ku mukino wa nyuma yitsindira Nigeria kuri penaliti 4-3 nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1, ibi byahaye DR Congo kuzahagararira Afurika mu mikino mpuzamigabane ya kamarampaka yagombagaga guhuramo n’ikipe izava hagati ya Jamaica na New Caledonia.
Jamaica yarihagarariye umugabane wa Amerika y’Amajyaruguru yasezereye New Caledonia yarihagarariye Oseyaniya iyitsinze igitego 1-0 ari nayo yaje gusezererwa na DR Congo.
Ese DR Congo izajya mu rihe tsinda?
Nyuma y’uko DR Congo ibonye itike yo kuzakina imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Mexico na Canada, iyi kipe izajya mu itsinda K hamwe n’amakipe arimo Portugal, Colombia na Uzbekistan.
DR Congo izatangira imikino yayo tariki 17 Kamena 2026 ikina n’ikipe y’igihugu ya Portugal kuri NRG Stadium muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Mu mukino wa kabiri DR Congo y’umutoza Sébastien Desabre izakina na Colombia hanyuma isoze imikino y’amatsinda ikina na Uzbekistan.


