FIFA Series 2026: Menya Estonia izakina n’u Rwanda ku mukino wa nyuma n’icyo imibare ivuga mbere y’umukino

Ikipe y'igihugu ya Estonia yabanjemo ku mukino wa Kenya muri FIFA Series 2026

Kuri uyu wa kabiri tariki 30 Werurwe 2026 kuri Sitade Amahoro hazabera umukino wa nyuma w’itsinda A uzahuza ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” n’ikipe y’igihugu ya Estonia “The Blueshirts” uzatangira saa moya n’igice z’ijoro (19:30).

Amavubi yageze ku mukino wa nyuma abikesha gutsinda ikipe y’igihugu ya Grenada ibitego 4-0 mu mukino wabaye ku wa gatanu tariki 27 Werurwe 2026 muri Sitade Amahoro, ni mu gihe Estonia yageze ku mukino wa nyuma ibikesha gutsinda Kenya kuri penaliti 5-4 nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1 mu minota 90 y’umukino.

Kuri uyu wa kabiri mbere y’umukino wa nyuma u Rwanda ruzakinamo na Estonia, ikipe y’igihugu ya Kenya izakina n’ikipe y’igihugu ya Grenada saa kumi z’umugoroba (16:00) bahatanira umwanya wa gatatu.

Ese Estonia ni igihugu kimeze gute?

Estonia ni igihugu giherereye mu majyaruguru y’umugabane w’Uburayi, mu burasirazuba bw’inyanja ya Baltic hafi y’ikigobe cya Finland, gihana imbibi n’ibihugu bya Latvia mu majyepfo n’Uburusiya (Russia) mu burasirazuba.

Estonia ni kimwe mu bihugu byahoze mu Bumwe bw’Abasoviyete (Soviet Union) gusa kuri ubu kikaba ari igihugu kigenga gifite ubuso bwa km² 45,335 bivuze ko gikubye u Rwanda inshuro zikabakaba 2, gituwe n’abaturage miliyoni 1.37, kiyoborwa na Minisitiri w’Intebe Kristen Michal nk’umukuru wa guverinoma ariko bidakuraho ko gifite na Perezida wacyo ariwe Alar Karis nk’uhagarariye igihugu gusa.

Ururimi rukoreshwa muri Estonia rwitwa Estonian (Eesti keel), uru rurimi rukaba rufitanye isano rya hafi n’ururimi rukoreshwa muri Finland n’ururimi rukoreshwa muri Hungary. Mu zindi ndimi zikoreshwa muri iki gihugu harimo Ikirusiya gikoreshwa n’abagera kuri 25% ndetse n’Icyongereza.

Estonia ifite umurwa mukuru Tallinn yabonye ubwigenge tariki 20 Kanama 1991 nyuma yo gusenyuka k’Ubumwe bw’Abasoviyete.

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Estonia

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Estonia ni ikipe yakinnye umukino wayo wa mbere mu 1920 ikina n’ikipe y’igihugu ya Finland, uyu mukino warangiye Estonia itsinzwe ibitego 6-0.

Kugeza ubu, ikipe y’igihugu ya Estonia ikinira kuri Sitade Lilleküla yakira abantu 14,336, iherereye mu murwa mukuru Tallinn. Iyi sitade yatashywe tariki 2 Kamena 2001.

Kimwe n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, ntabwo ikipe y’igihugu ya Estonia irabona itike y’imikino y’Igikombe cy’Isi ndetse iyi kipe ntabwo irabona itike yo gukina imikino y’igikombe cy’Uburayi, Euro Cup, mu gihe ikipe y’igihugu y’u Rwanda yakinnye Igikombe cy’Afurika inshuro imwe.

Kimwe mu byo imibare ivuga mbere y’umukino w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda n’ikipe y’igihugu ya Estonia

Umukino Estonia yatsinzwemo ibitego byinshi mu mateka yayo ni umukino yatsinzwemo na Finland ibitego 10-2 mu 1922 naho mu bihe bya vuba ni umukino yatsinzwemo n’Ubudage 8-0, ni mu gihe umukino yatsinzemo ibitego byinshi ni umukino wa gicuti yatsinzemo Lithuania ibitego 6-0 mu 1928 naho mu mikino y’amarushanwa ni umukino yatsinzemo Gibraltar ibitego 6-0 muri 2017 mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi.

Ku ruhande rw’ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi”, umukino yatsinzwemo ibitego byinshi ni umukino yatsinzwemo na Côte d’Ivoire ibitego 5-0 muri 2011 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika, ni mu gihe umukino Amavubi yatsinzemo ibitego byinshi ari umukino yatsinzemo ikipe y’igihugu ya Seychelles ibitego 7-0 muri 2019 mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Mu mikino 10 Estonia iheruka gukina muri rusange yatsinzemo imikino 3, itsindwa imikino 5, inganya imikino 2, yinjije ibitego 12, yinjizwa ibitego 22. Iyi kipe ihagaze neza ugereranyije n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze imikino 3, itsindwa imikino 6, inganya umukino 1 mu mikino 10 iheruka gukina, yinjije ibitego 10, yinjizwa ibitego 16.

Kugeza ubu Estonia iri ku mwanya wa 127 ku rutonde rw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA n’amanota 1126.15 mu gihe u Rwanda ruri ku mwanya wa 129 n’amanota 1121.58.

Amavubi atozwa na Stephen Constantine afite imibare itari myiza yo kuba aheruka gutsinda imikino ibiri yikurikiranya muri 2021 ubwo yatsinda ikipe y’igihugu ya Central Africa Republic mu mikino ibiri ya gicuti ni mu gihe Estonia yasezereye Kenya muri iyi mikino ya FIFA Series 2026 nyuma y’uko yaherukaga no gutsinda ikipe y’igihugu ya Cyprus ibitego 4-2.