FIFA Series 2026: Tanzania yasezerewe, Aruba na Liechtenstein zigera ku mukino wa nyuma

Aruba yasezereye Macau

Kuri uyu wa kane tariki 26 Werurwe 2026 muri Kigali Pele Stadium hatangiye imikino ya FIFA Series 2026 iri gukinirwa bwa mbere mu Rwanda hakinwa imikino ibiri yo mu itsinda rya kabiri riri gukinira i Kigali yasize ikipe y’igihugu ya Aruba n’ikipe y’igihugu ya Liechtenstein zigeze ku mukino wa nyuma.

Ubundi byari biteganyijwe ko iri tsinda ryagombaga gukinira muri Mauritius ariko iki gihugu cyikuye muri iyi mikino kuko cyagombaga gukina imikino y’ijonjora ry’ibanze mu gushaka itike y’Igikombe cy’Afurika cya 2027 byatumye iyi mikino izanwa mu Rwanda, kuri ubu ikaba iri gukinirwa muri Kigali Pele Stadium.

Imikino yo muri iri tsinda yatangiye saa 13:30 ikipe y’igihugu ya Aruba yo muri Amerika y’Amajyepfo ikina n’ikipe y’igihugu ya Macau yo muri Aziya.

Uyu mukino wasifuwe n’umunyarwanda Uwikunda Samuel woroheye Aruba kuko yawutsinzemo ibitego 4-1, ibitego bya Aruba byatsinzwe na Carlito Fermina watsinze igitego ku munota 5, Jaybriën Dicheiro Nafali Romano watsinze ibitego bibiri ku munota wa 13 no ku munota wa 16 ndetse na Conner Van Kilsdonk watsinze igitego ku munota wa 66.

Igitego kimwe rukumbi cya Macau cyatsinzwe na Leong Ka Hang ku munota wa 88 w’umukino.

Aruba isanzwe iri ku mwanya wa 200 ku rutonde rw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, ari nayo kipe iri inyuma muri iri tsinda ni mu gihe Macau iri ku mwanya wa 182.

Nyuma y’uyu mukino hakuriyeho umukino wahuje Tanzania n’ikipe y’igihugu ya Liechtenstein yo ku mugabane w’Uburayi, umukino wasifuwe n’umunya-Djibouti Mohamed Diraneh.

Mbere y’uyu mukino habanje kuba ibirori byo gutangiza ku mugaragaro iyi mikino ya gicuti ya FIFA Series 2026 aho ababyitabiriye basusurukijwe n’itorero ry’igihugu Urukerereza.

Itorero Urukerereza ryasusurukije abitabiriye ibirori byo gufungura ku mugaragaro FIFA Series 2026 byabereye kuri Kigali Pele Stadium.

Uyu mukino watangiye Tanzania ihabwa amahirwe yo kuwutsinda dore ko ku rutonde rwa FIFA iri ku mwanya wa 135 mu gihe Liechtenstein bari bagiye guhangana iri ku mwanya wa 181.

Ibi ntabwo ariko byagenze kuko Tanzania yatunguwe maze itsindwa na Liechtenstein igitego 1-0 cyatsinzwe na Ferhat Sağlam ku munota wa 55 ari nacyo cyatandukanyije impande zombi.

Ibi byatumye Aruba na Liechtenstein zigera ku mukino wa nyuma wo muri iri tsinda naho Macau na Tanzania zikaba zizakina zihatanira umwanya wa gatatu.

Umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu uzakinwa ku Cyumweru tariki 29 Werurwe saa 15:00 z’umugoroba, naho umukino wa nyuma ukinwe saa 18:00 z’umugoroba, imikino yombi izabera kuri Kigali Pele Stadium.

Kuri uyu wa gatanu tariki 27 Werurwe 2026 imikino ya FIFA Series 2026 irakomeza hakinwa imikino ibiri yo mu itsinda A ari naryo u Rwana ruherereyemo, imikino yose y’iri tsinda izakinirwa muri Sitade Amahoro.

Kuri uyu wa gatanu, Kenya na Estonia ziratana mu mitwe saa 18:00 z’umugoroba naho saa 21:00 z’ijoro ikipe y’igihugu y’u Rwanda ikine n’ikipe y’igihugu ya Grenada.