Volleyball: APR WVC, Police VC na REG VC zateye intambwe igana ku mukino wa nyuma

Amakipe ya APR mu bagore na Police na REG mu bagabo zateye intambwe igana ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka (Playoffs) ya volleyball nyuma yo gutsinda umukino wa kabiri.

Kuri uyu wa kabiri tariki 17 Werurwe 2026 muri Petit Stade i Remera habereye imikino 4 ya 1/2 y’umunsi wa kabiri w’imikino ya kamarampaka (Game 2) mu kiciro cy’abagore no mu kiciro cy’abagabo.

Imikino yo mu kiciro cy’abagore niyo yabanje, yatangiye saa 11:30 za mu gitondo APR WVC ikina na RRA WVC.

APR WVC yatsinze umukino wa mbere yongeye kwitwara neza itsinda n’umukino wa kabiri amaseti 3-0 (25-12, 27-25, 25-16).

RRA WVC

APR yari yagaruye bamwe mu bakinnyi bayo batagaragaye ku mukino wa mbere barimo kapiteni Munezero Valentine na Nyirahabimana Divine yatsinze RRA iyirusha cyane biyiha amahirwe menshi yo kugera ku mukino wa nyuma kuko kuri ubu iyoboye n’imikino 2-0.

APR WVC

Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho umukino wahuje Police na Kepler warangiye Kepler yigaranzuye Police iyitsinda amaseti 3-0 (26-24, 25-23, 25-19) nyuma y’uko umukino ubanza wari warangiye Police itsinze.

Kepler WVC

Uyu mukino ntabwo woroheye Police y’umutoza Hatumimamana Christian kuko nyuma yo kugorwa na resebusiyo, no kuboloka imipira ya Kepler byabaye ingorabahizi bituma umutoza akora impinduka akuramo umukinnyi wo hagati (Middle blocker) Dusabe Flavia ashyiramo Uwamahoro Angel.

Dusabe Flavia yagowe n’umukino

Uwamahoro wari wagiyemo asimbuye nawe yaje gutonekara mu ivi mu iseti ya gatatu y’umukino asohorwa hanze bamuteruye ndetse hashize akanya na Ndagijimana Iris ukina atanga imipira (Setter) nawe agwa hasi biba ngombwa ko asohorwa mu kibuga bamuteruye ndetse avanwa muri Petit Stade ateruwe mu ngobyi.

Ndagijimana Iris yasohowe mu kibuga ateruwe

Ndagijimana akaba yarasanzwe arwaye na mbere y’uko aza muri uyu mukino kandi n’umusimbura we Teta Zulfat yari afite imvune y’urutoki gusa ntayandi mahitamo yarahari, yinjiye mu kibuga akina amanota yarasigaye kuko Kepler yariyoboye n’amanota 22-19 mu iseti ya gatatu y’umukino.

Aya makipe yombi akaba yahise anganya umukino 1-1 mu gihe ikipe izakomeza ku mukino wa nyuma ari ikipe izatanga indi gutsinda imikino 3.

Nyuma y’iyi mikino ibiri yo mu kiciro cy’abagore hakurikiyeho indi mikino ibiri yo mu kiciro cy’abagabo.

Gisagara yatsinzwe umukino wa mbere yaje mu mukino wa kabiri ishaka uburyo nayo yatsinda umukino yahuragamo na Police ariko ntibyayikundiye kuko yatsinzwe umukino wa kabiri ku maseti 3-1 (26-24, 20-25, 21-25, 20-25).

Police VC

Gisagara yari yakoze impinduka imwe mu bakinnyi basanzwe babanzamo aho Malinga Kathbath yabanje hanze, habanzamo Ejiet Allan.

Gisagara yarangije ari iya mbere ku rutonde rwa Shampiyona ntabwo yorohewe n’iyi mikino ibiri ya mbere kuko yombi yayitsinzwe na Police VC yakomeje kuba nziza muri blocking mu mikino yombi.

Gisagara VC

Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho umukino wahuje REG na Kepler ari nawo mukino wa nyuma kuri uyu munsi.

Kepler VC

REG yari yaratsinze umukino wa mbere ku maseti 3-2 yongeye gutsinda umukino wa kabiri nanone ku maseti 3-2 (25-20, 23-25, 33-35, 25-17, 15-10) ikomeza kuyobora n’imikino 2-0.

REG yabonye intsinzi ibifashijwemo no kuba nziza mu kwataka no muri blocking.

REG VC

Ku wa gatandatu tariki 21 Werurwe 2026 nibwo hazakinwa imikino y’umunsi wa 3 ishobora gusiga amakipe ya APR WVC, Police na REG zigeze ku mukino wa nyuma mu gihe zatsinda.