U Rwanda rwakiriye abarenga 3,000 bavuye muri Libya kuva mu 2019

Kuva muri Nzeri 2019, u Rwanda rumazekwakira abarenga 3,000 b’impunzin’abasaba ubuhungiro bavuye muri Libya, binyuze muri gahunda ya Emergency Transit Mechanism (ETM)ihuriweho n’u Rwanda, UNHCR na AU.

Kugeza ubu, 2,681 bamaze kwimurirwa mu bindi bihugu. Canada ni cyo cyakiriye benshi (927), igakurikirwa na France (332), Amerika (325), Sweden (297), Finland (271), Norway (229), Germany (132), Netherlands (94) na Belgium (72).

ETM yatangijwe mu 2019 kugira ngo abantu bari mu kaga muri Libya babanze bahabwe uburinzi mu Rwanda, mu gihe hategurwa kwimurirwa mu kindi gihugu, gusubira iwabo ku bushake cyangwa ikindi gisubizo kirambye.

Ni bande bakirwa? Abenshi bakomoka muri Sudan, Eritrea, South Sudan, Ethiopia na Somalia. Baba barahuye n’ibibazo bikomeye muri Libya, bityo bakabanza kubona umutekano mu Rwanda.