Kuri uyu wa gatatu tariki 20 Gicurasi 2026, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yakiriye abakinnyi bavuye i Accra muri Ghana kwitabira imikino nyafurika y’imikino ngororamubiri, African Senior Athletics Championships, yakinwaga ku nshuro ya 24.
Muri iyi mikino, u Rwanda rwabashije kwegukana imidari ibiri harimo umudari wa zahabu wegukanwe na Emeline Imanizabayo mu gusiganwa muri metero 5,000 na Niyonkuru Florence wegukanye umudari wa Feza mu gusiganwa muri metero 10,000.
Minisitiri Mukazayire, yashimiye aba bakinnyi bose ubwitange n’umurava bagize, anabifuriza gukomeza gutsinda no mu mikino ya “Common Wealth” izaba muri Nyakanga muri Scotland ndetse n’irushanwa ryo ku rwego rw’isi rizabera mu Bwongereza mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka.


