Ku wa 28 Kanama 2026, abakunda kureba iby’ikirere babonye ubwirakabiri bw’ukwezi bw’igice, aho igice kinini cy’ukwezi cyinjiye mu gicucu cy’Isi. NASA yatangaje ko ubu bwirakabiri bwabaye hagati ya tariki ya 27 na 28 Kanama 2026, bukagaragara mu bice bya Amerika, Uburayi na Afurika.
Ubwirakabiri bw’ukwezi bubaho bute?
Ubwirakabiri bw’ukwezi bubaho iyo Isi iri hagati y’izuba n’ukwezi, maze igicucu cy’Isi kigatwikira ukwezi. Kuri iyi nshuro, ukwezi kose ntikwigeze kwinjira mu gicucu cy’Isi, ari yo mpamvu bwiswe ubwirakabiri bw’ukwezi bw’igice.
Hafi ya 96 ku ijana by’ubuso bw’ukwezi bugaragara byinjiye mu gicucu gikomeye cy’Isi, bituma ukwezi kugaragara nk’aho kwijimye cyane. Abantu bari mu bice byabonaga neza ubu bwirakabiri babonye impinduka zidasanzwe ku isura y’ukwezi.
Ukwezi ntikwahise kuzimira burundu igihe kwinjiraga mu gicucu cy’Isi, kuko umucyo w’izuba wanyuze mu kirere cy’Isi, nyuma ukagera ku kwezi mu buryo butaziguye. Uko ikirere cy’Isi gitatanya umucyo ni byo byatumye ukwezi kugaragara mu mabara y’umutuku, umuringa cyangwa orange. Ni yo mpamvu abantu benshi bita iki gikorwa “Blood Moon”, nubwo ubu bwirakabiri bwo ku wa 28 Kanama 2026 bwari ubw’igice, atari ubwirakabiri bwuzuye.
NASA yatangaje ko ubwirakabiri bwagaragaye mu bice bitandukanye bya Afurika, ariko uko umuntu yabubonye byaterwaga n’aho yari ari ndetse n’igihe ukwezi kwinjiraga mu gicucu cy’Isi. Mu Rwanda, igice cy’ubwirakabiri cyashoboraga kuboneka, ariko isonga ryabwo ntiryagaragaye neza kubera ko ukwezi kutari ku mwanya mwiza mu kirere cy’u Rwanda. Abari mu bindi bice by’Isi babonye ubwirakabiri neza kurushaho.
Oya. Ubwirakabiri bw’ukwezi bushobora kurebwa n’amaso nta kaga kihariye, cyane cyane iyo ikirere kiboneye. Ibi bitandukanye n’ubwirakabiri bw’izuba, kuko kureba izuba mu gihe cy’ubwirakabiri bishobora kwangiza amaso. Abashaka kubona ukwezi neza bashobora gukoresha utureba kure cyangwa telesikopi, kuko ibyo bikoresho bifasha kubona amabara n’igicucu ku kwezi neza.
Ubwirakabiri bw’ukwezi bwabaye amahirwe ku bakunda gufotora, kuko bashoboraga gufata amafoto y’ukwezi mu gihe kari mu gicucu cy’Isi. Amabara y’umutuku n’umuringa yatumye ayo mafoto arushaho kuba meza.
Ubwirakabiri bw’ukwezi ntibubaho buri kwezi. NASA yatangaje ko ubwakurikiyeho buzaba ku wa 20 Gashyantare 2027, kandi ubwo bwo buzaba ari ubwirakabiri bworoheje.


