Ikipe ya Kepler WVC yageze ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka 2026 bwa mbere mu mateka yayo nyuma yo gutsinda Police WVC amaseti 3-1 bikayihesha intsinzi y’umukino wa 3 ku mikino 2 ya Police.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 28 Werurwe 2026 muri Petit Stade i Remera habereye umukino wa 5 wa kamarampaka wa 1/2 hagati ya Kepler WVC na Police WVC.
Uyu wari umukino wa nyuma nyuma y’uko amakipe yombi anganyije imikino 2-2, itegeko rikaba rivuga ko amakipe aba agomba gukina imikino 5, agatanguranwa gutsinda imikino ibiri.
Kepler y’umutoza Siborurema Florien yatangiye neza itwara iseti ya mbere ku manota 25-23.
Police ntiyazuyaje gusubiza mu buryo bwihuse, yahise itwara iseti ya kabiri y’umukino ku manota 25-16.

Police y’umutoza Hatumimamana Christian yari nziza cyane mu iseti ya kabiri ku buryo yagize amanota 20 mu gihe Kepler yarifite amanota 10, ibi byatumye umutoza Siborurema ahita anakora impinduka aruhutsa abakinnyi b’ikipe ya mbere ashyiramo abo mu ikipe ya kabiri.

Mu iseti ya gatatu amakipe yombi yagendanye kugeza ubwo yinjirana mu manota 20 ariko amakosa mato ya Police mu manota ya nyuma atuma Kepler yegukana iyi seti ku manota 25-22.
Mu makosa Police yakoze harimo irya Kayirebwa Aline usanzwe ujyamo guseriva waserivye umupira hanze y’ikibuga, irya Meldinah Sande wananiwe kurenza neza umupira na Ainembabazi watatse umupira hanze y’ikibuga.
Iseti ya gatatu yari akamaramaza kuko Police yaribizi neza ko niyitsindwa ihita isezererwa na Kepler nayo yarizi neza ko niyitwara irahita itsinda uyu mukino.
Iseti yatangiye n’ubundi amakipe agendana mu manota ariko Kepler ikagenda imbere ya Police byibuze amanota 3.
Kepler yakomeje kuba nziza byumwihariko muri block no mu kwataka ndetse no kwirinda amakosa ya hato na hato nko kwica serivisi byayihaye gukomeza kugenda imbere ya Police kugeza igize amanota 21-14 ndetse yarinze itwara iyi seti ikipe ya Police idakoze irindi nota na rimwe kuko iseti yarangiye ari amanota 25-14.
Uyu wari umukino wa gatatu Kepler itsinze Police byatumye ihita yerekeza ku mukino wa nyuma itsinze imikino 3-2.

Kuva Kepler yatangira gukina Shampiyona y’u Rwanda mu Ukwakira 2024 nibwo bwa mbere igeze ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka, ikaba izahura ku mukino wa nyuma na APR WVC yasezereye RRA WVC iyitsinze imikino 3-0.
Umutoza Siborurema wa Kepler yavuze ko yishimye cyane nyuma yo gukuramo Police gusa ko mbere na mbere ashimira Imana, agashimira umuryango wa Kepler, by’umwihariko ikipe ya Kepler yabashije gutsinda ndetse yashimiye n’ikipe ya Police avuga ko muri iyi mikino 5 bakinnye berekanye umukino mwiza.

Uruhererekane rw’imikino 5 ya nyuma mu mikino ya kamarampaka izasiga hamenyekanye ikipe izatwara igikombe cya Shampiyona izatangira tariki 1 Mata 2026.

Ku ruhande rwa Police WVC ntabwo urugendo rurangiye burundu kuko igomba kuzakina na RRA mu guhatanira umwanya wa 3.


