Volleyball Playoffs 2026: Ibyo kwitega ku mikino ya nyuma mu bagore n’abagabo

Imikino ya nyuma iratangira kuri uyu wa gatatu

Kuri uyu wa gatatu tariki 1 Mata 2026 haratangira uruhererekane rw’imikino 5 ya nyuma ya Shampiyona ya volleyball mu Rwanda mu kiciro cy’abagore no mu bagabo.

Imikino yo guhatanira umwanya wa gatatu niyo izabimburira indi, mu kiciro cy’abagore RRA izakina na Police saa 11:30 naho saa 14:00 Gisagara ikine na Kepler mu bagabo.

Nyuma y’iyi mikino hazakurikiraho imikino ya nyuma aho Kepler izakina na APR mu bagore saa 16:30 naho Police icakirane na REG saa 19:00 mu bagabo.

Ese ni ibiki dushobora kwitega muri iyi mikino yo guhatanira umwanya wa gatatu n’imikino ya nyuma?

Police WVC VS RRA WVC

Police mu bagore izakina uyu mukino imeze nk’intare yakomeretse dore ko ariyo kipe yarifite igikombe cya Shampiyona cy’umwaka ushize ariko kuri iyi nshuro ikaba yarasezerewe na Kepler muri 1/2 itsinzwe imikino 3-2.

Ku rundi ruhande, ikipe ya RRA ni ikipe itaragize umwaka mwiza w’imikino dore ko byanasabye gutegereza umukino wa nyuma kugira ngo ize mu makipe 4 ya mbere yagombaga gukina imikino ya kamarampaka.

RRA ntibyarangiriye aha kuko uretse kuba itarigeze itsinda na rimwe imwe mu makipe 4 ya mbere yakinnye imikino ya kamarampaka, ntanubwo yigeze ibasha gutsinda umukino n’umwe imbere ya APR bahuriye muri 1/2, yewe ntan’iseti yabonye, APR yayisezereye iyitsinze imikino 3-0.

Ibi bituma ari ibyo kwibazaho niba koko ikipe ya RRA y’umutoza Mutabazi Elie izabasha guhagarara yemye imbere ya Police WVC y’umutoza Hatumimana Christian mu mikino yo guhatanira umwanya wa gatatu.

Aya makipe ntabwo yahuye inshuro nyinshi muri uyu mwaka w’imikino kuko yahuye inshuro 2 zombi zo muri shampiyona, iyi mikino yose yarangiye Police itsinze RRA amaseti 3-0.

Gisagara VC VS Kepler VC

Uyu mukino uzahuza amakipe yombi yari yarangije imikino ya Shampiyona ayoboye bimwe mu byayahaga amahirwe yo kwitwara neza mu mikino ya kamarampaka.

Ibi aya makipe yombi ntabwo yabashije kubigeraho kuko yakubitiwe ahareba inzega, akubitwa imikino 3-0, asezererwa atyo. Gisagara yari yabaye iya mbere yasezerewe na Police yari yabaye iya kane naho Kepler yari yabaye iya kabiri isezererwa na REG yari yabaye iya gatatu muri Shampiyona.

Muri uyu mwaka w’imikino aya makipe yahuye inshuro 3, muri izo nshuro zose ikipe ya Gisagara yatsinze Kepler; harimo imikino 2 ya Shampiyona ndetse n’umukino umwe w’amatsinda wo mu irushanwa ryo Kwibuka Padiri Kayumba 2026.

APR WVC VS Kepler WVC

Kuva imikino ya kamarampaka ya Shampiyona yatangira gukinwa muri ubu buryo bw’imikino y’uruhererekane muri 2024 ikipe ya APR ntabwo irabura ku mukino wa nyuma ndetse yegukanyemo igikombe kimwe, ikindi cy’umwaka ushize cyegukanwa na Police.

Kuva ikipe ya Kepler yatangira gukina Shampiyona y’u Rwanda muri 2024 ni ubwa mbere igeze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka mu mwaka wayo wa kabiri ikina Shampiyona, ibyo ikwiye kwishimira kuko kuva yanaza itarasiba na rimwe imikino ya kamarampaka.

Uyu ntabwo ari umukino woroshye bitewe n’uburyo Kepler yigaragaje cyane cyane guhera mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona dore ko yayirangije idatsinzwe ndetse ikongera gukora ibyo benshi batatekerezaga isezerera Police muri 1/2.

Aya makipe ntabwo yahuye kenshi muri uyu mwaka w’imikino, yahuye inshuro 2 gusa muri Shampiyona y’u Rwanda. Mu mukino ubanza APR yatsinze Kepler amaseti 3-1 naho mu mukino wo kwishyura Kepler itsinda APR amaseti 3-0.

Uyu ni umwe mu mikino yo kwitegwa hagati y’umutoza w’umunya-Kenya Justin Kigwaria wa APR n’umutoza Siborurema Florien wa Kepler bagiye guhura ku nshuro ya mbere.

Police VC VS REG VC

Uyu ni umukino wa nyuma mu kiciro cy’abagabo waje utunguranye muri rusange bijyanye n’uburyo aya makipe yari yaritwaye mu mikino isanzwe ya Shampiyona ku buryo amahirwe yahabwaga yo kwitwara neza mu mikino ya kamarampaka ntabwo yari menshi.

Ku mpande zombi yaba Police y’umutoza Musoni Fred na REG y’umutoza Mugisha Bavuga Benon aya ni amakipe yakuriye mu irushanwa, yagiye akosora amakosa yakoraga buri uko umukino wagendaga uza.

Uburyo aya makipe yitwaye muri 1/2 ni bimwe mu bitanga ibimenyetso ntakuka ko umukino wa nyuma ari umukino wo kwitega ndetse uzaba ugoye cyane dore ko no mu nshuro 2 aya makipe yahuyemo muri uyu mwaka w’imikino muri Shampiyona yarangiye buri kipe itsinze umukino umwe.

Police yatsinze REG mu mukino ubanza wa Shampiyona amaseti 3-1 naho mu mukino wo kwishyura REG itsinda Police amaseti 3-0.

REG iheruka kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2022-23 mu gihe ikipe ya Police itarabasha kwegukana igikombe cya Shampiyona kuva yatangira gukina Shampiyona muri 2022.

Iyi mikino yose uko ari ine izabera muri Petit Stade, kwinjira ni amafaranga ibihumbi bitatu (3,000 RWF) ahasanzwe ndetse n’ibihumbi bitanu (5,000 RWF) muri VIP.