Volleyball Playoffs 2026: APR WVC na Police VC zateye intambwe igana ku gikombe

Police VC na APR WVC zongeye kwitwara neza

Kuri uyu wa gatandatu tariki 4 Mata 2026 hakinwe imikino ya kabiri mu ruhererekane rw’imikino itanu ya kamarampaka yasize Police WVC na Kepler VC ziteye intambwe igana ku mudari w’umwanya wa gatatu naho APR WVC na Police VC zitera intambwe igana ku gikombe.

Imikino yatangiye saa 12:30 muri Petit Stade ikipe ya Police ikina n’ikipe ya RRA mu guhatanira umwanya wa gatatu mu bagore.

Uyu mukino warangiye Police yitwaye neza itsinda RRA amaseti 3-2, uba umukino wa kabiri itsinze mu ruhererekane rw’imikino itanu bivuze ko niramuka itsinze umukino wa gatatu izahita yegukana umudari w’umwanya wa gatatu.

RRA y’umutoza Mutabazi Elie yari yanahinduye uburyo bw’imikinire kuko kapiteni Ijeoma Elisabeth Ukpabi yakinnye imbere (Outside hitter) aho gukina inyuma nk’uko bisanzwe (Opposite hitter) hanyuma muri uyu mwanya akahasimburwa na Tuyishime Aloysie ni ubwa mbere yaribonye iseti kuva imikino ya kamarampaka yatangira.

Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho umukino wahuje Kepler na Gisagara mu guhatanira umwanya wa gatatu mu bagabo.

Uyu mukino Kepler yongeye kwitwara neza imbere ya Gisagara iyitsinda amaseti 3-0 (25-23, 25-17, 25-19) biyiha gukomeza kuyobora uruhererekane rw’imikino itanu n’intsinzi y’imikino 2-0.

Ibi bivuze ko Kepler nitsinda undi mukino umwe izahita yegukana umudari w’umwanya wa gatatu mu bagabo.

Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho umukino wa nyuma wo mu kiciro cy’abagore, uyu mukino wagiye gukinwa APR WVC iyoboye uruhererekane rw’imikino itanu ya kamarampaka n’intsinzi y’umukino umwe imbere ya Kepler WVC.

Uyu mukino n’ubwo wagoranye ariko warangiye APR WVC itsinze Kepler amaseti 3-2 (25-21, 23-25, 23-25, 26-24, 15,13), kuri ubu APR irabura gutsinda umukino umwe gusa igahita yegukana igikombe cya Shampiyona y’uyu mwaka cyari gifitwe na Police WVC itarabashije kugera ku mukino wa nyuma.

Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho umukino wa nyuma mu kiciro cy’abagabago wahuje Police na REG.

Uyu mukino nawo wagoranye cyane kuko byasabye ko hiyambazwa iseti ya kamarampaka nyuma y’uko Police itwaye iseti ya mbere ku manota 25-13, REG ikaca inyuma igatwara amaseti 2 ku manota 25-23 na 25-22, mbere y’uko Police itwara iseti ya kane ku manota 25-23.

Mu iseti ya kamarampaka nabwo n’ubundi amakipe yombi yakomeje kugendana kugeza ubwo Police iyitwaye ku manota 23-21. Uyu wabaye umukino wa kabiri Police itsinze, bivuze ko habura gutsinda umukino umwe ngo itware igikombe cya Shampiyona bwa mbere mu mateka yayo.

Ku wa gatanu tariki 17 Mata 2026 hazakinwa imikino ibiri mu kiciro cy’abago harimo uwo guhatanira umwanya wa gatatu ndetse n’uwo guhatanira igikombe ni mu gihe mu kiciro cy’abagore bazagaruka mu kibuga tariki 3 Gicurasi 2026 hakinwa umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu ndetse n’umukino wa nyuma.