Cycling: Akimana Donatha na Mugabo Jules bitwaye neza muri Rwanda Youth Racing Cup 2025

Mugabo Jules yitwaye neza mu batarengeje imyaka 19

Kuri iki cyumweru tariki 26 Ukwakira 2025 hakinwe isiganwa ry’amagare rigamije kuzamura impano z’abari hagati y’imyaka 11-18 rizwi nka Rwanda Youth Racing Cup 2025 agace karyo ka 9 (Episode 9), ni irushanwa ryakiniwe mu karere ka Bugesera kuri The Field of Dreams.

Iri rushanwa ngarukakwezi ntabwo ryabaye muri Nzeri 2025 kuko mu Rwanda hari harimo kubera Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025.

Abasiganwa barushanyijwe mu byiciro bitanu bitandukanye birimo Abatarengeje imyaka 11 (Pupilles), abatarengeje imyaka 13 (Benjamins/Benjamines), abatarengeje imyaka 15 (Minimes) b, abatarengeje imyaka 17 (Cadets/Cadettes) n’abatarengeje imyaka 19 (Boys/Girls), muri buri kiciro harimo abahungu n’abakobwa.

Mu batarengeje imyaka 19 bavutse hagati ya 2007 na2008 mu bahungu, Mugabo Jules ukinira Zipp Cyclint Team niwe wabaye uwa mbere akosheje isaha imwe, iminota 8 n’amasegonda 35 mu nshuro 30 bazengurutse, yakurikiwe na Irakoze Fagasoni na Natanziki William bombi bakinira Kayonza Cycling Club. Abasiganwa muri rusange bari 18.

Urutonde rw’uko bakurikiranye mu bahungu batarengeje imyaka 19
Mugabo Jules yitwaye neza mu batarengeje imyaka 19

Mu bakobwa, Akimana Donatha ukinira Ngarama Women Cycling Team niwe witwaye neza ka akoresheje iminota 58 n’amasegonda 3.96 mu nshuro 26 yazengurutse ari nawe wenyine wazisoje, yakurikiwe na Izabayo Emmacile na Uwizeyimana Uwase Ansile bombi bakinira Bugesera Cycling Club bazengurutse inshuro 25. Abasiganwa muri rusange bari 16.

Urutonde rw’uko bakurikiranye mu bakobwa batarengeje imyaka 19
Akimana Donatha yitwaye neza mu batarengeje imyaka 19 mu bakobwa

Mu batarengeje imyaka 17 bavutse hagati ya 2009 na 2010 mu bahungu, Mukwende Fuad ukinira Les Amis Sportifs niwe wabaye uwa mbere akoresheje iminota 41 n’amasegonda 43.04 mu nshuro 18 yazengurutse, yakurikiwe na Nyamuberwa Christian bakinana na Intwali Reponse ukinira Cine Elmay Cycling Club. Abasiganwa muri rusange bari 27.

Urutonde rw’uko bakurikiranye mu bahungu batarengeje imyaka 17
Mukwende Fuad yitwaye neza mu bahungu batarengeje imyaka 17

Mu bakobwa, Nishimwe Cynthia ukinira Ndabaga Women Cycling Team niwe wahize abandi akoresheje iminota 42 n’amasegonda 47.93 mu nshuro 16 yazengurutse, yakurikiwe na Niyibizi Joy na Ingabire Divine bombi bakinira Les Amis Sportifs. Abasiganwa muri rusange bari 10.

Urutonde rw’abasiganwe mu kiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 17
Nishimwe Cynthia yahize abandi bakobwa batarengeje imyaka 17

Mu kiciro cy’abatarengeje imyaka 15 bavutse hagati ya 2011-2012 mu bahungu, Byiringiro Mubaraka ukinira Zip Cycling Academy niwe wabaye uwa mbere akoresheje iminota 30 n’amasegonda 22.22 mu nshuro 12 yazengurutse, akurikirwa na Dusengimana Felicien na Ishimwe Sano Prince bombi bakinira Sina Cycling Club. Abasiganwa muri rusange bari 18.

Urutonde rw’uko abasiganwa bakurikiranye mu kiciro cy’abahungu batarengeje imyaka 15.
Byiringiro Mubaraka yabaye uwa mbere mu batarengeje imyaka 15

Mu bakobwa, Agasaro Gloria ukinira Sina Cycling Club niwe wegukanye umudari wa zahabu akoresheje iminota 31 n’amasegonda 39.79 mu nshuro 12 yazengurutse, yakurikiwe na Jehovaire Liza ukinira Ndabaga Women Cycling Team na Mwamikazi Joy Cynthia ukinira Benediction Club. Abasiganwa muri rusange bari 17.

Urutonde rw’uko abasiganwe mu kiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 15 bakurikiranye
Agasaro Gloria yabaye uwa mbere mu bakobwa batarengeje imyaka 15

Mu batarengeje imyaka 13 bavutse hagati ya 2013 na 2014 mu bahungu, Munyaneza Gentil wa Nyabihu Cycling Team yahize abandi akoresheje iminota 19 n’amasegonda 3 mu nshuro 7 yazengurutse, akurikirwa na Igiraneza Thadee wa Sina Cycling Club na Sano Francis wa Zip Cycling Academy. Abasiganwa muri rusange bari 15.

Urutonde rw’abatsinze mu bahungu batarengeje imyaka 13
Munyaneza Gentil yahize abandi mu bahungu batarengeje imyaka 13

Mu bakobwa batarengeje imyaka 13, Mutoni Alice ukinira Ndabaga Women Cycling Team yahize abandi akoresheje iminota 21 n’amasegonda 26.15 mu nshuro 7 yazengurutse, akurikirwa na Igiraneza Ogila na Kamikazi Kelia bombi ba Zip Cycling Academy bazengurutse inshuro 6. Abasiganwa muri rusange bari 12.

Urutonde rw’uko abasiganwe bakurikiranye mu kiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 13

Mu batarengeje imyaka 11 bavutse hagati ya 2015 na 2016 mu bahungu, Gabirwa Mahirwe Heritier wa Zip Cycling Academy yahize abandi 17 yarahatanye nabo aba uwa mbere akoresheje iminota 15 mu nshuro 5 yazengurutse, yakurikiwe na Iradukunda Rodrigue wa Bugesera Cycling Club na Habumuremyi Nisemusa Lucky wa Sina Cycling Club.

Urutonde rw’uko abatsinze bakurikiranye mu kiciro cy’abahungu batarengeje imyaka 11.
Gabirwa Mahirwe Heritier yahize abandi mu batarengeje imyaka 11

Mu bakobwa, Uwamahoro Francoise wa Ndabaga Women Cycling Team yabaye uwa mbere akoresheje iminota 15 n’amasegonda 26.81 mu nshuro 5 yazengurutse, yakuriwe na Akumugisha Denise waje ku mwanya wa kabiri na Ingabire Jacqueline waje ku mwanya wa 3 bombi bakinira LWD Cycling Team. Abasiganwa bari 11.

Urutonde rw’uko abasiganwa bakurikiranye mu kiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 11
Uwamahoro Francoise yahize abandi mu bakobwa batarengeje imyaka 11

Muri rusange abakinnyi bitabiriye Rwanda Youth Racing Cup barenga 120 bari hagati y’imyaka 11 na 18.