Ikipe ya RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2026 yatangiye neza itsinda Al Ahly Ly yo muri Libya amanota 103-95.
Kuri uyu wa gatanu tariki 27 Werurwe 2026 hatangiye imikino nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, BAL 2026 iri gukinwa ku nshuro yayo ya 6.
Umukino wahuje RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda na Al Ahly Ly yo muri Libya niwo wabimburiye indi yo mu itsinda rya Kalahari riri gukinira i Pretoria muri Afurika y’Epfo muri SunBet Arena.
RSSB Tigers yatangiye yitwara neza mu gace ka mbere itsinda amanota 35-27.
Mu gace ka kabiri, Al Ahly Ly ifite umunya-Senegal Jean Jacques Boissy wabaye umukinnyi mwiza wa BAL y’umwaka ushize wa 2025 na Jo Lual-Acuil Jr. wabaye umukinnyi mwiza wa BAL 2024 yitwaye neza itsinda agace ka kabiri ku manota 20-17, igice cya mbere cy’umukino cyarangiye muri rusange RSSB Tigers iyoboye n’amanota 52-47.
Mu gace ka gatatu, RSSB Tigers yongeye kwitwara neza itsinda amanota 26-19, mu gace ka kane Al Ahly Ly yagerageje kuva inyuma ngo yishyure itsinda amanota 29-25 ariko ntabwo byari bihagije ngo itsinde umukino, umukino warangiye muri rusange RSSB Tigers itsinze amanota 103-95 ibona amanota 2 ya mbere ityo.
Leonard Craig Randall wa RSSB Tigers yitwaye neza muri uyu mukino atsinda amanota 37, akora rebounds 5, atanga imipira 7 yavuyemo amanota.
Mu bandi bakinnyi ba RSSB Tigers bitwaye neza barimo Teafale Lenard Jr watsinze amanota 27 agakora na rebounds 6 muri uyu mukino.
Umukinnyi Donovan Kennedy Williams wa Al Ahly Ly yagoye bikomeye RSSB Tigers ayitsinda amanota 28, akora rebounds 8, atanga umupira umwe wavuyemo amanota.
Kwitwara neza kwa RSSB Tigers ku mahirwe ya kabiri (Second Chance points) nyuma yo gukora rebound mu busatirizi nibyo byatanze itandukaniro kuri uyu mukino kuko RSSB Tigers yabikuyemo amanota 21 naho Al Ahly Ly ibikuramo amanota 11.
RSSB Tigers y’umutoza Henry Mwinuka izasubira mu kibuga ku Cyumweru tariki 29 Werurwe 2026 ikina na Petro de Luanda yo muri Angola yatwaye BAL 2024 saa 15:00 z’umugoroba.


