spot_img

BAL 2026: RSSB Tigers yasoje imikino y’amatsinda itsindwa ariko ikomeza kuriyobora

Ikipe ya RSSB Tigers yasoje imikino yayo ya BAL 2026 yo mu itsinda (Conference) rya Kalahari itsindwa na Nairobi City Thunder yo muri Kenya amanota 101-92.

Kuri iki cyumweru tariki 5 Mata 2026 hasojwe imikino yo mu itsinda rya Kalahari yaberaga muri SunBet Arena, i Pretoria muri Afurika y’Epfo yasize hamenyekanye amakipe 4 ya mbere yerekeje mu kiciro cya nyuma cyo gukuranwamo.

Ikipe ya RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda bwa mbere muri iyi mikino nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, Basketball Africa League 2026, yasoje itsindwa na Nairobi City Thunder yo muri Kenya nyuma yo gutsinda imikino 4 ya mbere.

Kuri uyu mukino, umutoza wa RSSB Tigers, Henry Dennis Newton Mwinuka yaruhukije bamwe mu bakinnyi be basanzwe ari inkingi za mwamba barimo Leonard Craig Randall II uherutse guca uduhigo tubiri turimo ako kuba umukinnyi wa mbere watsinze amanota menshi mu mukino umwe wa BAL n’ak’uwabashije gutsinda amanota 3 inshuro nyinshi ndetse na Ntore Habimana.

Muri uyu mukino warangiye RSSB Tigers itsinzwe amanota 101-92, abakinnyi bayo nka Antino Jackson Jr, Mangok Mathiang na Axel Olenga Mpoyo ni bamwe mu bagerageje kwitwara neza.

Antino Jackson Jr yatsinze amanota 24 ndetse atanga imipira 9 yavuyemo amanota, Mangok Mathiang yatsinze amanota 22, akora rebounds 22 ndetse atanga imipira 3 yavuyemo amanota naho Axel Olenga Mpoyo yatsinze amanota 14, akora rebounds 3, atanga imipira 2 yavuyemo amanota.

N’ubwo RSSB Tigers yatsinzwe uyu mukino ariko ntabwo byakuyeho ko yazamutse muri iri tsinda ari iya mbere n’intsinzi 4 mu mikino 5.

Andi makipe yazamukanye na RSSB Tigers muri iri tsinda arimo Petro de Luanda yo muri Angola yazamutse ari iya kabiri, Al Ahly Ly yo muri Libya yazamutse ari iya gatatu na Dar City yo muri Tanzania yazamutse ari iya kane.

Uko amakipe yarangije imikino y’amatsinda akurikirana

Ikipe ya Nairobi City Thunder yo muri Kenya na Johannesburg Giants zahise zisezererwa zitarenze umutaru.

Nyuma yo gusoza imikino yo mu itsinda rya Kalahari, ikipe ya RSSB Tigers yahise ihaguruka muri Afurika y’Epfo isubira mu Rwanda ndetse ku i saa moya za mugitondo zo kuri uyu wa mbere tariki 6 Mata 2026 yarisesekaye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe.

Nyuma y’uko amakipe 4 ya mbere yerekeje mu mikino ya nyuma amenyekanye avuye mu itsinda rya Kalahari, andi makipe 4 azamenyekana avuye mu mikino yo mu itsinda rya Sahara izakinwa hagati ya tariki 24 Mata na tariki 3 Gicurasi 2026 muri Prince Moulay Abdellah Sports Complex i Rabat muri Morocco.

Amakipe 6 azaba ari muri iri tsinda rya Sahara arimo Al Ahly yo mu Misiri, JCA Giants yo muri Côte d’Ivoire, Club Africain yo muri Tunisia, FUS Rabat yo muri Morocco, Maktown Flyers yo muri Nigeria na Ville de Dakar yo muri Senegal.

Amakipe 4 ya mbere yo mu itsinda rya Sahara aziyongera ku makipe 4 yabaye aya mbere mu itsinda rya Kalahari hanyuma ayo makipe 8 ahurire i Kigali mu Rwanda muri BK Arena mu mikino ya nyuma ya BAL izaba kuva tariki 22 Gicurasi kugeza tariki 31 Gicurasi 2026.