Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA ryatangaje urutonde rw’amakipe 28 yiyandikishije mu makipe azakina Igikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka mu kiciro cy’abagabo.
Ku rutonde FERWAFA yatangaje kuri uyu wa mbere tariki 15 Ukuboza 2025 hariho amakipe 16 yose asanzwe akina ikiciro cya mbere, amakipe 10 yo mu kiciro cya kabiri n’amakipe 2 yo mu kiciro cya gatatu.
Amakipe yo mu kiciro cya mbere yiyandikishije ni Police FC, APR FC ifite igikombe giheruka, Marine FC, Gasogi United, Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma ubushize, Kiyovu Sports, Musanze FC, Gorilla FC, Mukura VS, Gicumbi FC, Amagaju FC, Bugesera FC, AS Muhanga, Rutsiro FC, AS Kigali na Etincelles FC.
Amakipe yo mu kiciro cya kabiri yiyandikishije ni Intare FC, Nkombo FC, Unity FC, UR FC, Nyanza FC, Vision FC, Motar FC, City Boys, La Jeunesse na Muhazi United FC.
Amakipe yo mu kiciro cya gatatu yiyandikishije ni Imanzi FC na Teleos Arrows.
Igikombe cy’Amahoro gitegurwa na FERWAFA, kikaba aricyo gikombe cya kabiri gikomeye mu Rwanda nyuma ya Shampiyona. Ikipe itwaye iki gikombe biyihesha guhagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation Cup.
APR FC niyo imaze gutwara iki gikombe inshuro nyinshi aho yagitwaye inshuro 14 harimo n’umwaka ushize iheruka kugitwara itsinze Rayon Sports ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma.



