Hahamagawe umukinnyi umwe wa Rayon Sports, Kwizera yagarutse: Amavubi yahamagaye 

Umutoza Adel Amrouche yahamagaye abakinnyi 25 bakina mu Rwanda bitabira umwiherero w’ikipe y’igihugu “Amavubi” uzatangira kuri uyu wa gatatu tariki 12 Ugushyingo kugeza ku Cyumweru tariki 16 Ugushyingo 2025 harimo umukinnyi umwe wa Rayon Sports.

Umwiherero w’aba bakinnyi basanzwe bakina mu Rwanda (Ikipe ya Chan) bahamagawe mu myitozo nyuma y’uko byemejwe ko Amavubi makuru atazakina imikino ya gicuti mu kiruhuko cy’amakipe y’ibihugu gitangwa na FIFA (International Break) cyo muri uku kwezi.

Mu bakinnyi bahamagawe harimo Kwizera Olivier “Gishweka” warumaze igihe gikabakaba imyaka 4 adahamagarwa.

Kwizera Olivier udafite ikipe yongeye guhamagarwa mu ikipe y’igihugu Amavubi nyuma y’imyaka ikabakaba 4

Mu bakinnyi bahamagawe higanjemo abahamagawe bwa mbere mu ikipe nkuru y’Amavubi bagera ku bakinnyi 8 barimo Sindi Paul Jesus ukinira Rayon Sports ari nawe mukinnyi wenyine w’iyi kipe wahamagawe, Ntirushwa Aime na Rudasingwa Prince bombi ba AS Kigali.

Sindi Paul Jesus niwe mukinnyi wa Rayon Sports wenyine wahamagawe

Mu bakinnyi 25 bahamagawe barimo 7 bakinira APR FC, abakinnyi 4 bakinira Police FC n’abakinnyi bane ba Kiyovu Sports, Amagaju FC, AS Kigali na Mukura VS zifitemo abakinnyi babiri naho Rayon Sports, Étincelles FC na Rutsiro FC zifitemo umukinnyi umwe.

Abakinnyi 25 bahamagawe mu myitozo y’ikipe y’igihugu

Mu bakinnyi byatunguranye batahamagawe barimo Byiringiro Lague ukinira Police FC wanagaragaje ko atishimiye kudahamagarwa abinyujije ku rubuga rwa Instagram aho yashyizeho aka-emoji gaseka ndetse na Nshimiyimana Emmanuel “Kabange” wa Rayon Sports warumaze iminsi ahamagarwa mu ikipe nkuru.

Ubutumwa bwa Byiringiro Lague yashyize kuri story ya Instagram nyuma yo kubona ko atahamagawe